Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwibukije Amahanga Ko DRC Ibanye Neza Na ADF Na FDLR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwibukije Amahanga Ko DRC Ibanye Neza Na ADF Na FDLR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2025 4:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga Olivier Nduhungirehe
SHARE

Olivier Nduhungirehe ushinzwe ububanyi n’amahanga bw’u Rwanda avuga ko ubuyobozi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwahuje imbaraga na FDLR n’indi mitwe yayogoje Uburasirazuba bwa DRC irimo na ADF.

Minisitiri Nduhungirehe yaraye abivugiye mu biganiro byabereye ku cyicaro cya UN kiri i New York muri Amerika.

Intego y’ibyo biganiro yari iyo kurebera hamwe uko Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara yakubakirwa ubushobozi mu guhangana n’iterabwoba.

Muri iki gice cy’uyu Mugabane hamaze iminsi havugwa ubwiyongere bw’imitwe ikora iterabwoba.

Mu mwaka wa 2017 muri Mozambique hadutse umutwe w’iterabwoba wafashe igice kinini ya Cabo Delgado, imwe mu ntara nini z’iki gihugu.

Mu kiganiro cye, Nduhungirehe yagaragaje ko abakora iterabwoba bitwikira ibibazo by’imiyoborere idakomeye, ubukene, ubusumbane n’amakimbirane ari ahantu runaka.

Yavuze ko Akarere k’Ibiyaga Bigari kazahajwe n’ibikorwa by’iterabwoba kubera imitwe irimo ADF na FDLR.

Nduhungirehe yavuze ko Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo  irenza amaso ibyo bikorwa by’iterabwoba bikorwa na ADF, Nyatura na FDLR ahubwo ikita M23 umutwe w’iterabwoba.

Yabwiye abandi badipolomate ati:“ Birababaje kubona Guverinoma ya RDC ihitamo kurenza amaso ibyo bikorwa by’iterabwoba ahubwo ikita M23 iri kurwana no kurengera Abanye-Congo bahozwa ku nkeke, bicwa bakorerwa ivangura n’ibindi bibi, ko ari umutwe w’iterabwoba”.

Yibaza aho bitangirira naho birangirira iyo abantu bavuga ko aba n’aba ari bo bakora iterabwoba, abandi ntibarikore.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yunzemo ati: “Ese ibikorwa by’iterabwoba muri RDC bibonwa gute? Ese kurinda abaturage ba Congo ni byo bifatwa nk’ibikorwa by’iterabwoba cyangwa ni ibikorwa byo guheza no kwica abasivili b’Abatutsi bo mu Burasirazuba bwa RDC birimo n’ibyo kubatwikira nk’ibyabaye mu Ukwakira 2023?”

Yunzemo ko u Rwanda rufasha amahanga guhangana n’iterabwoba haba muri Sahel muri Mozambique n’ahandi.

Yibukije ko mu mwaka wa 2018, rwifatanyije n’abo mu gace ka Sahel rutanga miliyoni $ 1 yo gufasha ingabo z’ibihugu bitanu byo muri ako gace zari zibumbiye muri ‘G5 Sahel Joint Force’ hagamijwe kurwanya iterabwoba.

Kuri we, ibyo ni uruhare rw’u Rwanda mu kubungabunga umutekano no guhangana n’iterabwoba hirya no hino muri Afurika aho rubisabwe.

TAGGED:FDLRfeaturedIterabwobaMinisitiriNduhungirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yihanganishije Abanya Turikiya Bibasiwe N’Inkongi
Next Article Kagame Yageze Muri Turikiya Kuganira Na Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?