Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububiligi: Abarundikazi Bishwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ububiligi: Abarundikazi Bishwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2024 10:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bishwe n'inkongi yabasanze mu igorofa mu ijoro ryacyeye
SHARE

Imiryango y’Abarundikazi babaga mu Murwa mukuru w’Ububiligi, Brussels, yatangaje ko ibabajwe n’urupfu rwabo rwatewe n’inkongi.

Imyirondoro yabo yerekana abo Barundikazi ari Masika Sandra w’imyaka 20 na Muco Steffy Bretta w’imyaka 27.

Inkongi yabahitanye yateye itunguranye ibasanga mu igorofa ryabagamo abantu benshi iri muri Komini ya Anderlecht.

Umuvugizi wa Polisi muri iyi Komini witwa Walter Derieux yabwiye BBC ko iriya nkongi yatangiye mu gicuku.

Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryatabaye risanga ibibatsi byabaye byinshi ndetse byakongeje ibindi byumba.

Abapolisi bakoze uko bashoboye barazimya ariko, ku bw’ibyago, baza gusanga imirambo ibiri muri kimwe muri ibyo byumba, baperereje basanga ni Abarundikazi.

Amafoto yaje gukwirakwizwa agera no kuri benewabo, barabamenya banatangariza Polisi amazina yaba nyakwigendera.

Bari basanzwe bakora mu ruganda rutunganya inyama rwitwa Viangro ruri i Brussels, umwe mu mijyi y’Uburayi ituwe n’Abanyafurika benshi barimo n’umubare utubutse w’abakomoka mu Karere k’ibiyaga bigari by’Afurika ari naho Uburundi buherereye.

Inkomoko y’iriya nkongi ntiramenyakana kuko Polisi ikibikoraho iperereza.

Abazi imiterere y’inyubako zo muri Komini ya Anderlecht bavuga ko inyinshi zishaje.

Iyi ni imwe mu mpamvu basanga ishobora kuba yateye iyo nkongi n’ubwo iperereza ritarabitangaho amakuru adakuka.

Mu myaka itatu ishize, abantu 15( ubariyemo n’abo Barundikazi) bamaze kwicwa n’inkongi yadutse muri iriya Komini.

Ikigo gikora ubushakashatsi kitwa Fondation Roi Baudouin( kitiriwe uwahoze ari umwami w’Ububiligi Baudouin) kivuga ko abantu bane ku bantu 10 batuye muri Komini ya Anderlecht bakomoka hanze y’Ububiligi.

Agace aba Barundikazi bari batuyemo

Umwami Baudouin yavutse taliki 07 , Nzeri,1930 atanga taliki 31, Nyakanga, 1993.

Albert II(yavutse taliki 06, Kamena, 1934) niwe wahise yima ingoma y’ubwami bw’Ababiligi kugeza ubwo yayivagaho taliki 21, Nyakanga, 2013.

Abatuye Komini ya Anderlecht biganjemo abakomoka muri Afurika no muri Aziya.

Indi mibare itangwa na kiriya kigo igaragaza ko mu byago 10 bihitana abantu benshi mu Bubiligi, bitatu bibera muri iyo Komini yiganjemo inzu zimaze imyaka irenga 80 zubatswe kandi zituwe n’abantu benshi.

TAGGED:AbarundikaziInkongiPolisiUbubiligi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyamakuru Wa B&B Aramagana Abamushinja Ivangura
Next Article Amajyepfo: Mu Kwezi Kumwe Abantu 500 Batawe Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?