Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubucuruzi Bw’u Rwanda Mu Bushinwa Bwatitije Ibirwa Bya Maurice
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubucuruzi Bw’u Rwanda Mu Bushinwa Bwatitije Ibirwa Bya Maurice

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2021 4:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubukungu bw’Ibirwa bya Maurice buri mu bukungu buhagaze neza muri Afurika muri rusange. Hamwe iki gihugu kivoma amadevize ni mu bucuruzi gifitanye n’u Bushinwa, bushingiye ku masezerano y’uburyo ibicuruzwa bigomba kwinjira ku isoko rya buri iki gihugu muri ibi. Abahanga mu bukungu bo mu Birwa bya Maurice bavuga ko n’ubwo ari uko bimeze ariko, u Rwanda ruri gukura Maurice ku isoko ry’u Bushinwa gahoro gahoro…

Aho u Rwanda bahera bavuga ko rukunzwe mu Bushinwa ni uko ibyo rwoherezayo rukora uko rushoboye bikaba ari nta makemwa kandi igihe bikenerewe cyose bikaboneka.

Abo mu birwa bya Maurice bavuga ko iyo bitegereje uburyo u Rwanda rushyira imbaraga mu kumenyekanisha ibyo rukora ndetse no kubigeza ku bakiliya barwo baba mu Bushinwa, ubona ko ibindi bihugu bishobora kuzasigara inyuma niba bidafashe ingamba nk’izarwo.

Nibyo koko ko nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’uburyo ibicuruzwa bigomba kwinjira ku isoko ku isoko rya buri gihugu, ni ukuvuga u Bushinwa n’Ibirwa bya Maurice, iki gihugu tuvuze nyuma cyoherejeyo ibintu byinshi.

Imibare itangwa na Ambasade y’u Bushinwa mu birwa bya Maurice ivuga ko ukwezi k’Ugushyingo, 2021 kwarangiye u Bushinwa butumijeyo ibintu bifite agaciro ka USD 33 195 081.

Ibyo bwatumije byiganjemo ubutare, imyenda, ibiribwa by’amatungo, isukari, amasukari yihariye, amavuta aribwa ndetse n’ibinure by’amafi.

Bwatumije kandi impu, imishumi y’impu, imyenda ikozwe mu bwoya, imbaho, n’ibindi.

Ibyinshi byoherejwe mu mijyi nka Shanghai, Guangdong, n’indi.

Imikoranire y’u Rwanda n’u Bushinwa yo irenze kohereza yo ikawa, urusenda, uduseke n’ibindi.

U Rwanda rufitanye n’u Bushinwa imikoranire y’igihe kirekire mu by’ikoranabuhanga, uburezi, ubukerarugendo, yewe n’ibindi birimo no kujyano umusaruro uri muyo twavuze haruguru.

Ikawa y’u Rwanda yabayeyo icyamamare nyuma y’amasezerano Ambasade y’u Rwanda i Beijing yasinyanye n’ubutegetsi bw’iyo mu kuyiteza imbere[ikawa].

Ikigo kitwa Yunnan International Coffee Exchange Company nicyo cyiyemeje kuzabigiramo uruhare.

Muri Werurwe, 2021 u Rwanda rwanyanye n’u Bushinwa amasezerano y’uko abahinzi bo mu Rwanda bagomba kuzajya bohereza mu Bushinwa urusenda rwa Pili pili ruhagije.

Nta gihe kinini u Rwanda rubonye isoko mu Bushinwa ryo kuhagurisha ikimera kitwa stevia cyenda gusa n’umuravumba.

Hari umuhanga mu bukungu wo mu Birwa bya Maurice witwa Sunil Boodhoo uvuga ko ari ngombwa ko igihugu cye nacyo cyongera ibyo giha u Bushinwa  kandi bikaba binoze mu buziranenge.

Ibirwa bya Maurice bivuga ko byishimira ko amasezerano byagiranye n’u Bushinwa arambye ariko nanone abahanga babyo bakavuga ko bitagombye gusuzugura amayeri y’ibindi bihugu mu kwigarurira isoko ry’u Bushinwa.

Ubyemeza ni umuhanga witwa Kevin Teeroovengadum.

Abo mu Birwa bya Maurice bavuga ko aho u Rwanda rubera ikibazo mu by’ubukungu, ngo ni uko rufite abayobozi bazi gukora ‘deals’ k’uburyo bakurura abashoramari b’Abashinwa bakazana amafaranga kandi u Bushinwa bugaha u Rwanda amahirwe yo kubushoramo atabonwa n’ibindi bihugu byinshi.

Kevin Teeroovengadum avuga ko u Rwanda rufite akandi karusho!

Lexpress.mu yanditse ko Umukuru warwo afite ubumenyi bwo kurushakira ahantu rwakura amahirwe y’ishoramari kandi hirya no hino ku isi.

Perezida Kagame azi gukora ‘deals’ ziha u Rwanda amahirwe yo gushora imari henshi ku isi

U Rwanda rufitanye umubano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uherutse kurwemerera kurufasha kubaka uruganda rw’inkingo harimo n’urwa COVID-19, umubano ruherutse kugirana n’u Bufaransa, uwo rusanganywe n’ikigo Alibaba, Huawei, Volkswagen, umubano na Qatar n’ahandi.

Ngiyo impamvu ibirwa bya Maurice bivuga ko u Rwanda ari urwo kwitondera!

TAGGED:featuredIbirwaMauriceRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tuzarasa Iran Niyo Andi Mahanga Atabidufashamo- Minisitiri W’Intebe Wa Israel
Next Article Kuzamura Imibereho Y’Abaturage Bifasha No Gukumira Ibyaha- DIGP Ujeneza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

You Might Also Like

Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?