Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukwe Bwasorejwe Muri Stade Kubera Kwica Amabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ubukwe Bwasorejwe Muri Stade Kubera Kwica Amabwiriza Yo Kwirinda COVID-19

admin
Last updated: 19 June 2021 9:42 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 88 bari batashye ubukwe, bazira ko barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Uretse abageni, abandi bose ntabwo bari bipimishije iki cyorezo nk’uko amabwiriza abiteganya.

Bafashwe mu gihe kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bikomeje gushyirwa ku isonga mu gutuma habaho ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bushya bwa COVID-19.

Bafatiwe i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, mu busitani buzwi nka Green Mountain Biking Garden. Bafashwe ku gicamunsi, bicaye banegeranye cyane.

Amakuru Taarifa yamenye ni uko “Uretse umukwe n’umugeni, abandi batari bipimishije COVID-19 nk’uko biteganywa mbere yo kwitabira ibirori nk’ibi. Ibyo bikiyongeraho ko batari bahanye intera nk’uko biteganywa n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.”

Ni mu gihe inama y’abaminisitiri iheruka kwemeza ko guhera ku wa 14 Kamena, ibikorwa byose bihuriza abantu muri hoteli, mu busitani cyangwa ahandi hashobora kubera amakoraniro mu buryo bwa rusange, bitagomba kurenza 30% by’ubushobozi bwo kwakira abantu bw’aho bateraniye.

Yakomeje iti “Abitabiriye icyo gikorwa bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 iminsi 3 mbere y’uko icyo gikorwa kiba.”

Bariya bantu uko ari 88 bahise bajyanwa muri Stade ya Kigali i Nyamirambo barigishwa, banacibwa amande.

Mu mabwiriza aheruka gusohorwa, ubusabane n’ibirori bitandukanye bibera mu ngo byo birabujijwe.

 

Abitabiriye ubu bukwe bari begeranye
Bafashwe kubera ko batari bipimishije COVID-19

TAGGED:COVID-19featuredPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Cyahoze Ari KIM Haravugwa Ubujura Bw’Amanota
Next Article Abanyarwanda Bane Bafashwe Bagiye Kugurisha Ifumbire Ya Leta Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?