Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyi Wa Kigali Mu Gukuraho Kiosques Ngo Ntibiri Mu Kwitegura CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umujyi Wa Kigali Mu Gukuraho Kiosques Ngo Ntibiri Mu Kwitegura CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere Taarifa yasanze hari abakozi b’Urwego rwunganira mu by’umutekano w’Akarere,DASSO, bari gukura Kiosque ya MTN hamwe muho yari imaze igihe.

Umwe mubafite Kiosque wimuwe aho yakoreraga yatubwiye ko bibabaje kuko byakozwe bitunguranye, ko byari bube byiza iyo babimenyeshwa kare, bakabyikuriraho.

Ati: “ Sinanze kumvira amabwiriza ya Leta ariko iyo ibintu bije bitunguranye, bigakorwa huti huti, birababaza. Ibyiza ni uko bajya batumenyesha hakiri kare tukabyikuriraho bakatubwira aho tubijyana.”

Uyu mubyeyi avuga ko bituma hari bimwe mu bicuruzwa byabo byangirika.

Umwe mu bakozi basanzwe bakorera ku Biro by’Umujyi wa Kigali yabwiye Taarifa ko kiriya gikorwa kimaze igihe, ngo kikaba kiri gukorwa mu rwego rwo gukura ibyapa na za Kiosques ahantu avuga ko ‘habangamye.’

Ahari mu ibara ry’umuhondo hakuwe kiosk

Ahabangamye avuga ko ari ahantu habangamira abahisi n’abagenzi  cyangwa ngo biriya bikoresho by’ubucuruzi(kiosks n’ibyapa byamamaza), bikaba byarashyizwe aho babisanze mu buryo butakurikijwe amategeko.

Ntibiri gukorwa kubera CHOGM…

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imyubakire Dr Mérald Mpabwanamaguru yabwiye Taarifa ko bitari gukorwa mu rwego rwo guca akajagari mu rwego rwo kwitegura CHOGM.

CHOGM iyi ni Inama iri gutegurwa mu Rwanda izakira Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bigize Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza CHOGM izaba muri Kamena, 2022.

Dr Mpabwanamaguru mu butumwa bugufi yahaye Taarifa yagizer ati: “ Turi gukuraho kiosks n’ibyapa byamamaza. Ntabwo turi kubikora mu rwego rwa CHOGM ahubwo ni mu rwego rwo gushyira mu bikorwa  amategeko kuko buri kintu mu Mujyi wa Kigali kigomba kuba mu mwanya wacyo hakurikijwe ibyo igishushanyo mbonera giteganya.”

Dr Mérald Mpabwanamaguru yabwiye Taarifa ko bitari gukorwa mu rwego rwo guca akajagari mu rwego rwo kwitegura CHOGM.( Photo@Kigali Today)

N’ubwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko gukuraho ibyapa na kiosks bitari mu rwego rwo kwitegura CHOGM ahubwo ari ugukurikiza igishushanyo mbonera, buri kintu cyose kikaba mu mwanya wacyo, umuntu yakwibaza niba ku gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali hari ahagenewe ‘kiosks.’

Umuturage wo muri Kacyiru ati: “ Uzaba ureba ko CHOGM nirangira bazazigarura! Biriya ni mu buryo bw’uko buri muyobozi akuraho ibidakurikije isuku aho ayobora kubera CHOGM…”

Hagati aho, hari amafoto yatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro yerekana hashyirwaho ahantu hagenewe kujugunywa imyanda handitseho CHOGM.

Ni igikorwa cyo kubaka biriya bikorwaremezo cyagizwemo uruhare n’inzego z’Akarere harimo DASSO na Polisi.

Muri Masaka ya Kicukiro ho batangiye gushyiraho ibikorwa remezo byanditseho CHOGM
TAGGED:CHOGMfeaturedIgishushanyoKigaliMpabwanamaguruUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Irimo Abantu 133 Yakoze Impanuka
Next Article Kicukiro: Abaturage Batangiye Ibikorwa By’Isuku Bitegura CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?