Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umujyi Wa Kigali Mu Gukuraho Kiosques Ngo Ntibiri Mu Kwitegura CHOGM
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umujyi Wa Kigali Mu Gukuraho Kiosques Ngo Ntibiri Mu Kwitegura CHOGM

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2022 1:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere Taarifa yasanze hari abakozi b’Urwego rwunganira mu by’umutekano w’Akarere,DASSO, bari gukura Kiosque ya MTN hamwe muho yari imaze igihe.

Umwe mubafite Kiosque wimuwe aho yakoreraga yatubwiye ko bibabaje kuko byakozwe bitunguranye, ko byari bube byiza iyo babimenyeshwa kare, bakabyikuriraho.

Ati: “ Sinanze kumvira amabwiriza ya Leta ariko iyo ibintu bije bitunguranye, bigakorwa huti huti, birababaza. Ibyiza ni uko bajya batumenyesha hakiri kare tukabyikuriraho bakatubwira aho tubijyana.”

Uyu mubyeyi avuga ko bituma hari bimwe mu bicuruzwa byabo byangirika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe mu bakozi basanzwe bakorera ku Biro by’Umujyi wa Kigali yabwiye Taarifa ko kiriya gikorwa kimaze igihe, ngo kikaba kiri gukorwa mu rwego rwo gukura ibyapa na za Kiosques ahantu avuga ko ‘habangamye.’

Ahari mu ibara ry’umuhondo hakuwe kiosk

Ahabangamye avuga ko ari ahantu habangamira abahisi n’abagenzi  cyangwa ngo biriya bikoresho by’ubucuruzi(kiosks n’ibyapa byamamaza), bikaba byarashyizwe aho babisanze mu buryo butakurikijwe amategeko.

Ntibiri gukorwa kubera CHOGM…

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali ushinzwe imyubakire Dr Mérald Mpabwanamaguru yabwiye Taarifa ko bitari gukorwa mu rwego rwo guca akajagari mu rwego rwo kwitegura CHOGM.

CHOGM iyi ni Inama iri gutegurwa mu Rwanda izakira Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bigize Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza CHOGM izaba muri Kamena, 2022.

- Advertisement -

Dr Mpabwanamaguru mu butumwa bugufi yahaye Taarifa yagizer ati: “ Turi gukuraho kiosks n’ibyapa byamamaza. Ntabwo turi kubikora mu rwego rwa CHOGM ahubwo ni mu rwego rwo gushyira mu bikorwa  amategeko kuko buri kintu mu Mujyi wa Kigali kigomba kuba mu mwanya wacyo hakurikijwe ibyo igishushanyo mbonera giteganya.”

Dr Mérald Mpabwanamaguru yabwiye Taarifa ko bitari gukorwa mu rwego rwo guca akajagari mu rwego rwo kwitegura CHOGM.( Photo@Kigali Today)

N’ubwo ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko gukuraho ibyapa na kiosks bitari mu rwego rwo kwitegura CHOGM ahubwo ari ugukurikiza igishushanyo mbonera, buri kintu cyose kikaba mu mwanya wacyo, umuntu yakwibaza niba ku gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali hari ahagenewe ‘kiosks.’

Umuturage wo muri Kacyiru ati: “ Uzaba ureba ko CHOGM nirangira bazazigarura! Biriya ni mu buryo bw’uko buri muyobozi akuraho ibidakurikije isuku aho ayobora kubera CHOGM…”

Hagati aho, hari amafoto yatangajwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro yerekana hashyirwaho ahantu hagenewe kujugunywa imyanda handitseho CHOGM.

Ni igikorwa cyo kubaka biriya bikorwaremezo cyagizwemo uruhare n’inzego z’Akarere harimo DASSO na Polisi.

Muri Masaka ya Kicukiro ho batangiye gushyiraho ibikorwa remezo byanditseho CHOGM
TAGGED:CHOGMfeaturedIgishushanyoKigaliMpabwanamaguruUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Irimo Abantu 133 Yakoze Impanuka
Next Article Kicukiro: Abaturage Batangiye Ibikorwa By’Isuku Bitegura CHOGM
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?