Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda Yakoze Ikoranabuhanga Rizabuza Abajura Kugurisha Ibyo Bibye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muhamed Nkuruniza akorera i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge. Yahanze uburyo bwo gukumira ko abantu bibwa ibintu, abajura bakajya kubigurisha babyita ibyabo. Ubwo buryo yabwise SUGIRA. Amaze guha akazi urubyiruko 600.

Mu biro bye biri ahitwa Cosmos muri Nyamirambo, yabwiye Taarifa ko burya igituma abantu bibwa ari uko baha icyuho abajura. Ni icyo yise ‘ guha umujura occasion’.

Kuri we, kugira ngo umuntu yibwe bisaba ko hari ibintu bitatu biba bihari;

Ibyo ni uwiba, ikibwa n’icyuho cyo kwiba( occasion).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Akenshi icyuho nicyo gituma abantu bibwa. Ubujura mu Rwanda ngo burakora cyane ngo muri iki gihe abantu benshi bafunzwe bazira ubujura.

Kwibwa ni kimwe ariko ngo ikirushaho kuba kibi ni ‘ukwiba bigahera.’

Muhamed Nkurunziza yavuze ko abajura hafi ya bose biba bagamije kugurisha ibyo bibye.

Muhamed Nkurunziza

Impamvu bibahira ni uko ibyinshi byibwa mu by’ukuri nta kintu kiba kigaragaza ko ari ibya runaka.

Ati: “ Burya iyo Polisi na RIB ihamagaye abantu ngo baze batware televiziyo na telefoni zabo n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga bafashe,  akenshi baba bagenekereza ariko nta kintu gifatika kiba cyerekana ko iki cyangwa kiriya ari icya runaka mu buryo budasubirwaho.”

- Advertisement -

Kugira ngo kwiba ibikoresho nka biriya bicike, umuyobozi wa kiriya kigo kitwa 44444Ltd( nicyo gifite iyo gahunda yitwa Sugira) avuga ko bakoze urubuga rutuma abantu bose bazajya bandikisha ibyuma by’ikoranabuhanga batunze kugira ngo nihagira ubyiba atazabona ubigura kuko bizagaragara ko uwiyita ko ari ibye , mu by’ukuri ari ibijurano.

Urubyiruko rurahugurwa rukajya gutanga ziriya serivisi

Muhamed Nkurunziza yatubwiye ko nyiri ikintu runaka azajya agihererekanya na mugenzi we nk’uko abantu bahererekanya umutungo nk’isambu, ugihawe agahabwa ibyemeza ko agihawe na nyiracyo, ko atari ikijurano.

Kugira ngo umuntu yandikishe icyuma cy’ikoranabuhanga runaka, azajya asanga umu agent wa SUGIRA aho ari, amwereke inyemezabwishyu z’uko icyo kintu ari icye hanyuma bacyimwandikeho.

Azajya yitwaza ikintu runaka kimuranga nk’irangamuntu ye cyangwa niba ntayo afite atware inyemezabwishyu

Kugeza ubu abakorera kiriya kigo ni urubyiruko 600 ariko hari gahunda y’uko mu myaka itanu iri imbere bazaba ari 44,511 mu Rwanda hose.

Guta Irangamuntu ukayibura babiboneye igisubizo…

Umwe mu bakozi ba 44444Ltd. Bakoze ikoranabuhanga ribuza abajura kugurisha ibyo abandi baruhiye

Nkurunziza yavuze ko indi serivisi batanga ari ugufasha abantu bataye ibyangombwa kubibona.

Ati: “ Twasanze burya amakarita y’irangamuntu yatakaye, hari ahantu ibyo ari ibyo byose aba ari. Niyo impamvu umuntu utaye irangamuntu twakoze k’uburyo yatwegera akatubwira igihe yayitereye, ayo akeka yayitaye na nomero yayo ubundi tukamubwira akazaza kuyifata igihe runaka.”

Yavuze ko mu kigo 44444Ltd bafata ibyangombwa byose byatakaye tukabishyira mu ikoranabuhanga hanyuma umu agent wacu akaryinjiramo akabaza uvuga ko yataye icyangombwa runaka izina rye, yaba yarataye icyo kintu koko kigahita kiboneka bakamurangira aho yajya kugitora.

Uhawe iriya serivisi wese hari icyo yishyura.

Bakoze uburyo bworoshye bwo kurangira abantu irangamuntu bataye

Iyo umaze kubaruza ibyawe ‘system’ iguha ubutumwa bw’uko ubaruje uwo mutungo, kandi kubera ko uba wamaze gushyira mu bubiko bw’amakuru yabo bakomeza kuguha amakuru y’icyo ari cyo cyose bamenye kuri wo.

Kugira ngo umusore cyangwa inkumi abone akazi k’ubu agent muri kiriya kigo hari umwirondoro atanga ku rubuga rwabo, nyuma akajya azahamagarwa agahabwa amahugurwa.

Iyo bigaragaye ko yumva ibyo bamwigisha kandi abishaka, ahabwa akazi k’ubu agent.

Ahembwa hakurikijwe ibyo abo yakoreye.

Hari icyo basaba Leta…

Muhamed Nkurunziza avuga ko kugira ngo bagere kucyo bifuza, ni ngombwa gukorana n’inzego za Leta zifite ikoranabuhanga n’umutekano mu nshingano zabo.

Yatangiye agira icyo asaba Polisi y’u Rwanda.

Ati: “Icyo dusaba Polisi ni ukutuba hafi kandi bakajya badufasha mu bukangurambaga bwo kubimenyesha abaturage.”

Asaba Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda kubafasha mu  bikorwa bakora bagamije gukumira no guca magendu.

TAGGED:AbajurafeaturedIkoranabuhangaNkurunzizaNyamiramboSugira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Green Party Yirukanye Abarwanashyaka Babiri Ibashinja ‘Imigambi Mibisha’
Next Article Icyo Abo Mu Rugaga Rw’Abaganga Mu Rwanda Batangaza Ku Ifungwa Ry’Ibitaro Byigenga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?