Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuryango Africa’s Business Heroes Urateganya Kwigisha Guhanga Imishinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuryango Africa’s Business Heroes Urateganya Kwigisha Guhanga Imishinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2025 9:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Barashaka kubakira ubumenyi ba rwiyemezamirimo ba Afurika.
SHARE

Chandee Zhnuang usanzwe ari Umujyanama mu Muryango w’abagiraneza bafasha abantu kubyaza umusaruro imishinga witwa Africa Business Heroes akaba n’umwe mu bawushinze avuga ko hari umushinga wo guhugura abantu uko imishinga ihangwa ikaba isoko y’amikoro.

Yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije gutangaza ibikubiye mu nama ikomeye iri bube kuri uyu wa Gatanu yiswe Africa Business Heroes Summit ikazarangira kuri uyu wa Gatandatu Tariki 13, Ukuboza, 2025.

Zhnuang yavuze ko bikwiye ko ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda n’ahandi muri Afurika babwirwa ubundi buryo bwo gutekereza imishinga ibyara amikoro Kandi igahangwa mu nzego zinyuranye z’ubumenyi n’ubukungu.

Ati: “Hari gahunda twiswe ABH x AGI izafasha ba rwiyemeke kugira ubumenyi mu guhanga imishinga bityo ikazatuma bashobora gutsindira ibihembo bitangwa na Africa Business Heroes binyuze mu kigo Alibaba Philanthropy.”

Alibaba Group ni ikigo gikomeye ku isi gikora ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga kandi gifasha benshi binyuze mu Ishami ryacyo ry’ubugiraneza ryitwa Alibaba Philanthropy.

Guhera kuri uyu wa Gatanu kuzageza kuwa Gatandatu, ubuyobozi bwa Africa Business Heroes Summit buzakorana na RDB mu guhemba ba rwiyemezamirimo bakoze imishinga myiza yatoranyijwe kuri iyi nshuro ya karindwi.

Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi uri mu bakemurampaka bazagena abazahembwa, yashimye abahatanye bose, avuga ko imishinga bakoze muri rusange imeze neza kuko irimo guhanga udushya kandi ikaba isobanutse.

Ati: “Ni imishinga igaragaza ibisubizo ku bibazo bifitwe na benshi mu batuye Afurika. Irasobanutse kandi irarambye.”

Karusisi ashima uko abahatanye kuri iyi nshuro bakoze imishinga izakemura byinshi mu bihangayikishije Afurika.

Zahra Baitie Boateng uyobora Ishami rya Afurika muri Africa’s Business Heroes avuga ko abantu batanze imishinga yabo ngo itoranywemo izatsimda, batanze imishinga 32,000.

Niyo mishinga myinshi yatanzwe kuva iki gikorwa cyatangira mu myaka irindwi ishize.

Zahra Baitie Boateng uyobora Ishami rya Afurika muri Africa’s Business Heroes

Muri yo, hatoranyijwemo 10 izahembwa kuri iyi nshuro.

Umunyarwanda Albert Munyabugingo wahembwe ubushize ku nshuro ya Gatandatu akaba na nyiri ikigo Vuba Vuba Africa yasabye abandi kumva ko ibyo yashoboye nabo babishobora.

Asanga iyo umuntu akoranye umwete agakora neza, agera ku byo yitaga inzozi, akongeraho ko bisaba kutarambirwa.

Munyabarame uyobora Ikigo Vuba Vuba Africa asaba abandi kudacika intege, bagakora.

Amafoto@ Ben Gasore

TAGGED:AfurikafeaturedImishingaKarusisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Z’u Burundi Ziri Muri DRC Zirenga 20,000- Kagame
Next Article Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?