Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaruro Wa CIMERWA Ukomeje Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umusaruro Wa CIMERWA Ukomeje Kwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2022 7:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rwatangiye gutunganya Sima bwa mbere mu Rwanda, CIMERWA, rwatangaje ko mu gihembwe cya mbere y’umwaka w’imari wacyo kinjije Miliyari Frw 44. Ayo mafaranga arimo inyungu ya Miliyari Frw 5.2 ni ukuvuga  inyongera ya 45% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’iki mu mwaka wabanje.

Muri iki gihe CIMERWA yari yarungutse Miliyari Frw 1.0.

Umuyobozi ushinzwe imari muri iki kigo witwa John Bugunya yagize ati: “ Muri iki gihe twarungutse cyane  kandi hari icyizere ko bizakomeza kugenda neza mu kindi gihembwe kigiye kuza kizarangira Taliki 30, Nzeri, 2022.”

Avuga ko akurikije uko imibare ibyerekena, ngo ikigo ayobora cyashoboye guhangana n’ingaruka zatewe n’intambara yo muri Ukraine ndetse ngo muri ibi bibazo byose bashoboye kubarura inyungu idahindagurika ya Miliyari Frw 15.5.

Bugunya avuga ko imikorere iboneye yatumye ikigo ayoboye gishobora guhemba neza abakozi, imashini zikora neza kandi imikorere igenda neza k’uburyo bwatanze umusaruro.

Mu micungire ya CIMERWA kandi ngo birinze gukoresha umutungo mu buryo budatanga umusaruro bituma amafaranga yagendaga mu kugura ibintu runaka agabanuka.

Uyobora CIMERWA ku rwego rw’igihugu witwa Albert Sigei avuga ko yishimira umusaruro ikigo cye cyagezeho mu gihembwe gishize.

Ngo inyungu igera hafi kuri 46.6% irashimishije kandi ngo byatewe ahanini n’uko Sima u Rwanda rwohereje hanze yiyongereye ku kigero cya 62%.

Ubuyobozi bw’iki kigo kandi buvuga ko bukora uko bushoboye kugira ngo burinde ubuzima bw’abakozi bacyo ntibandure cyangwa ngo banduzanye COVID-19.

Bikorwa bunyuze mu kubakingira bose inkingo ebyiri n’urwa gatatu rwo gushimangira ndetse no kureba ko ntawagaragaza ibimenyetso bya kiriya cyorezo, yaboneka akaba yarafashwa.

Mu Ukuboza, 2021 ubuyobozi bwa CIMERWA bwatangarije Taarifa ko nabwo bwungukiye mu bibazo byari byugarije isi birimo na Guma mu rugo kubera COVID-19.

TAGGED:CIMERWAfeaturedRwandaSimaUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Museveni ‘Yihanije’ Umuhungu We
Next Article Muri Gatsibo Inzara Iranuma!
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?