Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaruro Wa CIMERWA Ukomeje Kwiyongera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umusaruro Wa CIMERWA Ukomeje Kwiyongera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2022 7:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rwatangiye gutunganya Sima bwa mbere mu Rwanda, CIMERWA, rwatangaje ko mu gihembwe cya mbere y’umwaka w’imari wacyo kinjije Miliyari Frw 44. Ayo mafaranga arimo inyungu ya Miliyari Frw 5.2 ni ukuvuga  inyongera ya 45% ugereranyije n’uko byari bimeze mu gihe nk’iki mu mwaka wabanje.

Muri iki gihe CIMERWA yari yarungutse Miliyari Frw 1.0.

Umuyobozi ushinzwe imari muri iki kigo witwa John Bugunya yagize ati: “ Muri iki gihe twarungutse cyane  kandi hari icyizere ko bizakomeza kugenda neza mu kindi gihembwe kigiye kuza kizarangira Taliki 30, Nzeri, 2022.”

Avuga ko akurikije uko imibare ibyerekena, ngo ikigo ayobora cyashoboye guhangana n’ingaruka zatewe n’intambara yo muri Ukraine ndetse ngo muri ibi bibazo byose bashoboye kubarura inyungu idahindagurika ya Miliyari Frw 15.5.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bugunya avuga ko imikorere iboneye yatumye ikigo ayoboye gishobora guhemba neza abakozi, imashini zikora neza kandi imikorere igenda neza k’uburyo bwatanze umusaruro.

Mu micungire ya CIMERWA kandi ngo birinze gukoresha umutungo mu buryo budatanga umusaruro bituma amafaranga yagendaga mu kugura ibintu runaka agabanuka.

Uyobora CIMERWA ku rwego rw’igihugu witwa Albert Sigei avuga ko yishimira umusaruro ikigo cye cyagezeho mu gihembwe gishize.

Ngo inyungu igera hafi kuri 46.6% irashimishije kandi ngo byatewe ahanini n’uko Sima u Rwanda rwohereje hanze yiyongereye ku kigero cya 62%.

Ubuyobozi bw’iki kigo kandi buvuga ko bukora uko bushoboye kugira ngo burinde ubuzima bw’abakozi bacyo ntibandure cyangwa ngo banduzanye COVID-19.

- Advertisement -

Bikorwa bunyuze mu kubakingira bose inkingo ebyiri n’urwa gatatu rwo gushimangira ndetse no kureba ko ntawagaragaza ibimenyetso bya kiriya cyorezo, yaboneka akaba yarafashwa.

Mu Ukuboza, 2021 ubuyobozi bwa CIMERWA bwatangarije Taarifa ko nabwo bwungukiye mu bibazo byari byugarije isi birimo na Guma mu rugo kubera COVID-19.

TAGGED:CIMERWAfeaturedRwandaSimaUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Museveni ‘Yihanije’ Umuhungu We
Next Article Muri Gatsibo Inzara Iranuma!
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?