Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusore Afunzwe Akekwaho Kwiba Igikapu Kirimo Miliyoni 2 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Umusore Afunzwe Akekwaho Kwiba Igikapu Kirimo Miliyoni 2 Frw

admin
Last updated: 29 March 2021 12:17 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera yagaruje 2.000.000 Frw z’uwitwa Karegeya Sandrine, bikekwa ko yari yibwe n’umusore w’imyaka 32. Ayo mafaranga yabuze ku wa 25 Werurwe, ukekwaho ubwo bujura afatwa ku wa 27 Werurwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdun Twizeyimana yavuze ko byari ahagana saa mbiri z’umugoroba ubwo Karegeya n’abandi bantu  bari kumwe mu modoka, baparikaga kuri sitasiyo icuruza ibikomoka kuri peteroli,  bava mu modoka bajya gusuhuza abantu hafi aho.

Mu modoka yasizemo agakapu karimo miliyoni 2 Frw, umusore wari wabacunze araza aragatwara.

CIP Twizeyimana ati “Yari yugamye imvura aho kuri sitasiyo, yacunze abari bavuye mu modoka aragenda ateruramo agakapu karimo amafaranga, agahisha hafi aho.”

Karegeya ngo yagarutse mu modoka ye abura ka gakapu, abwira bagenzi be ko yibwe ahita anahamagara Polisi ayibimenyesha bikimara kuba.

Ati “Mbere y’uko abapolisi baza, Karegeya n’abandi baturage begeranyije abantu bogereza imodoka hafi aho. Ubwabo bavuze ko batabona mugenzi wabo, ako kanya ahita aza avuye guhisha ya mafaranga.”

“Bamubajije niba atageze kuri iyo modoka arabihakana. Ariko abonye abapolisi yagize ubwoba ajya kwerekana aho yari avuye guhisha ya mafaranga.”

Amaze kuyerekana yahise yiruka, ariko tariki ya 27 Werurwe afatirwa mu Kagari ka Nyamata, Umudugudu Nyabivumu.

CIP Twizeyimana yibukije abantu bafite imodoka kujya bibuka gusiga bakinze imiryango mu gihe bazivuyemo kandi bakazihagarika ahantu bizeye umutekano wazo.

Uwo musore yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyamata kugira ngo akorerwe dosiye.

Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, agacibwa n’ihazabu itari munsi ya 1.000.000 Frw ariko itarenze 2.000.000 Frw, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:BugeseraPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyungu Y’Imboga N’Imbuto Byoherejwe Mu Mahanga Yagabanyutseho 34%
Next Article Min. Biruta Yakiriye Intumwa Y’Afurika Yunze Ubumwe Ishinzwe Imibereho Myiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?