Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusore Afunzwe Akekwaho Kwiba Igikapu Kirimo Miliyoni 2 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Umusore Afunzwe Akekwaho Kwiba Igikapu Kirimo Miliyoni 2 Frw

admin
Last updated: 29 March 2021 12:17 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera yagaruje 2.000.000 Frw z’uwitwa Karegeya Sandrine, bikekwa ko yari yibwe n’umusore w’imyaka 32. Ayo mafaranga yabuze ku wa 25 Werurwe, ukekwaho ubwo bujura afatwa ku wa 27 Werurwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdun Twizeyimana yavuze ko byari ahagana saa mbiri z’umugoroba ubwo Karegeya n’abandi bantu  bari kumwe mu modoka, baparikaga kuri sitasiyo icuruza ibikomoka kuri peteroli,  bava mu modoka bajya gusuhuza abantu hafi aho.

Mu modoka yasizemo agakapu karimo miliyoni 2 Frw, umusore wari wabacunze araza aragatwara.

CIP Twizeyimana ati “Yari yugamye imvura aho kuri sitasiyo, yacunze abari bavuye mu modoka aragenda ateruramo agakapu karimo amafaranga, agahisha hafi aho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Karegeya ngo yagarutse mu modoka ye abura ka gakapu, abwira bagenzi be ko yibwe ahita anahamagara Polisi ayibimenyesha bikimara kuba.

Ati “Mbere y’uko abapolisi baza, Karegeya n’abandi baturage begeranyije abantu bogereza imodoka hafi aho. Ubwabo bavuze ko batabona mugenzi wabo, ako kanya ahita aza avuye guhisha ya mafaranga.”

“Bamubajije niba atageze kuri iyo modoka arabihakana. Ariko abonye abapolisi yagize ubwoba ajya kwerekana aho yari avuye guhisha ya mafaranga.”

Amaze kuyerekana yahise yiruka, ariko tariki ya 27 Werurwe afatirwa mu Kagari ka Nyamata, Umudugudu Nyabivumu.

CIP Twizeyimana yibukije abantu bafite imodoka kujya bibuka gusiga bakinze imiryango mu gihe bazivuyemo kandi bakazihagarika ahantu bizeye umutekano wazo.

- Advertisement -

Uwo musore yahise ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyamata kugira ngo akorerwe dosiye.

Umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, agacibwa n’ihazabu itari munsi ya 1.000.000 Frw ariko itarenze 2.000.000 Frw, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:BugeseraPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyungu Y’Imboga N’Imbuto Byoherejwe Mu Mahanga Yagabanyutseho 34%
Next Article Min. Biruta Yakiriye Intumwa Y’Afurika Yunze Ubumwe Ishinzwe Imibereho Myiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kicukiro: Yanditse Kuri Status Ye Amagambo Akomeretsa Abarokotse Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rukomeye Rutunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?