Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kugira Imihigo Nk’Iy’Inkotanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kugira Imihigo Nk’Iy’Inkotanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2021 5:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubutumwa urubyiruko rugize Intore ziswe Inkomezamihigo rwaraye ruhawe n’Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere mboneragihugu Madamu Clarisse Munezero ubwo yazinjizaga mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba aho rugiye gutorezwa byisumbuye ho.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere mboneragihugu yabwiye abasore n’inkumi bazitabira ariya mahugurwa ko ari ngombwa gukomeza imihigo ya bakuru babo b’Inkotanyi.

Ku rubuga rwa Twitter rw’iyi Minisiteri handitseho ko ubuyobozi bw’iyi Minisiteri nshya kurusha izindi mu Rwanda bwasabye abahawe izina ry’Inkomezamihigo kuzarangwa n’indagagaciro na kirazira bya Kinyarwanda.

Babwiwe ko nibazikurikiza  bizabageza ku kwigira no kwihesha agaciro nk’urubyiruko rutezweho kubaka u Rwanda rwifuzwa na buri wese.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi basabwe ni ukwihingamo ubumenyi bw’ikoranabuhanga, bakabikoresha biteza imbere ariko bakanabikoresha bereka Isi ko ibyo abantu bavuga ko byacitse mu Rwanda atari byo, ahubwo ko ibyo u Rwanda rugeraho ubwabyo byivugira.

Bibukijwe ko ari ngombwa kunyomoza abagoroka amateka y’u Rwanda.

Uyu munsi ku wa 19/12 Umunyamabanga Uhoraho muri #MINUBUMWE @MunezeroClaris yayoboye umuhango wo kwinjiza #Intore mu zindi mu rwego rwo kuziha izina ariryo #Inkomezamihigo n'icyivugo. Ni Intore ziri gutorezwa mu kigo cy'ubutore cya #Nkumba pic.twitter.com/LSOwt7rOuw

— Ministry of National Unity and Civic Engagement (@Unity_MemoryRw) December 19, 2021

Ese ubundi ayo mateka y’u Rwanda bayagoreka bate?

Amateka y’u Rwanda arihariye. Kuba yihariye akenshi biterwa n’uko Abanyarwanda ari  abantu basangiye byose, ni ukuvuga ubwenegihugu, ururimi n’umuco.

- Advertisement -

Ibi ni  ngombwa kubimenya kuko byatumye kandi bizakomeza gutuma u Rwanda ruba igihugu kihariye muri Afurika, gituwe n’abaturage bavuga ururimi rumwe, baturanye, bahoze basangiye Imana n’umwami mbere y’umwaduko w’Abazungu n’ibindi.

Ni abaturage bashyingiranywe, barabyarana, basangira byose.

Iby’uko runaka ari Umuhutu, Umututsi cyangwa Umutwa ntibyahoze ari amoko nk’uko Umuzungu w’Umukoloni yaje kubihindura ahubwo byari ibyiciro by’imibereho Umunyarwanda yabaga afite, yaba yifite akitwa Umututsi, yaba akishakisha akitwa Umuhutu kandi ibi byiciro byarahindukaga.

Si nko mu Buhinde aho bagira ibyitwa ‘castes’ ni ukuvuga ibyiciro runaka abamo akazarinda apfa atabivuyemo ngo ajye mu kindi kiciro.

Tugarutse ku mateka y’u Rwanda n’umwihariko wayo, nta kintu mu mateka yarwo cyahinduye uko rwahoze nka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994!

‘Bamwe’ mu Bahutu b’Intagondwa bahisemo kuyoboka ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi ndetse baza no kubica bagamije kubarimbura.

Ubu bwicanyi nibwo Umuryango w’Abibumbye wemeje ko bugomba kwitwa Jenoside.

Abashaka ko amateka y’u Rwanda ahindurwa, cyane cyane afite aho ahuriye na Jenoside, bavuga ko habayeho Jenoside ebyiri.

Iyi mvugo ituma Jenoside nyayo yemejwe n’Umuryango mpuzamahanga ko yakorewe Abatutsi itakaza umwimerere wayo, ndetse igatuma[imvugo] kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi hari bamwe batabiha agaciro.

Ku rundi ruhande ariko, mu bintu umunani byatangajwe n’Umunyamategeko w’Umuyahudi witwa Raphael Lemkin ko ari byo bishingirwaho hemezwa ko ubwicanyi runaka ari Jenoside, icyo kuyihakana no kuyipfobya yavuze ko kitajya kibura.

Ni cyo gikorwa nyuma y’ibindi hagamijwe kuzimangatanya igitekerezo cy’uko habayeho Jenoside.

Abategura Jenoside bategura n’iki gice cyo kuzayihakana.

Muri rusange, kugira ngo urubyiruko rw’u Rwanda runyomoze abahakana cyangwa bagapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ngombwa ko ruba ruzi uko yateguwe, uko yashyizwe mu bikorwa, abayihaniwe, aho inzibutso zayo ziba, rukazisura kandi rugakurikirana uko imanza z’abakekwa kuyigiramo uruhare zigenda n’ibyemezo by’inkiko zibaburanisha.

Minisitiri wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana  aherutse kubwira abagenzacyaha 259 bari bitabiriye Inama rusange ya kabiri y’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha ko ubumwe bw’Abanyarwanda bwahozeho kandi n’ubu buriho.

Minisitiri wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana

Yavuze ko n’ubwo Abanyarwanda bataburaga amakimbirane kuko asanzwe hagati y’abantu ngo ntabwo Abahutu cyangwa Abatutsi cyangwa Abatwa bahagurukaga ko barwanye abandi.

Bizimana yavuze ko Ababiligi bifashishije abacamanza ngo bacemo Abanyarwanda ibice.

Mbere y’ubukoloni ubucamanza bwahoze ho mu Banyarwanda kuko amakimbirane mbonezamubano yacyemurwaga n’Umukuru w’umuryango.

Niwe wacaga imanza zirebana n’ibibazo mboneza mubano akabikora afatanyije n’inyangamugayo zemejwe ko ari zo.

Iyo ibintu byarengaga Urwego rw’umuryango, byarazamukaga bigakemurwa bitewe n’urwego rwabaga rubishinzwe.

Iyo byageraga ku rwego rw’igihugu,  umwami niwe wari umucamanza mukuru kandi icyemezo cye cyari ntakuka.

Mu rwego rwo kwerekana ko muri iki gihe ubumwe buhari, Dr Bizimana yavuze ko FPR-Inkotanyi yatangiye umugambi w’ubumwe bw’Abanyarwanda igishingwa mu mwaka wa 1987.

Avuga ko kimwe mu byerekanye ko FPR Inkotanyi yashakaga ubumwe bw’Abanyarwanda ari uguhuza ingabo zari zatsinze urugamba rwo kubohora u Rwanda n’izari zatsinzwe.

Ikindi Dr  Bizimana wahoze ari Perezida wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside yavuze ko cyerekana ko Inkotanyi zashakaga kandi n’ubu zishaka ubumwe ari uko zakuyeho ikarita ndangamuntu.

Iyi rangamuntu yifashishijwe n’Interahamwe n’Impuzamugambi zica Abatutsi

Itegeko nshinga rigenga u Rwanda naryo ngo ni indi ngingo yerekana ko u Rwanda ari rumwe kuko ngo ibirikubiyemo byaturutse mu bitekerezo by’Abanyarwanda.

TAGGED:BizimanafeaturedJenosideMinisiteriRwandaUbumweUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Kwiyakira Mu Bukwe Byahagaritswe, Imodoka Rusange Zizajya Zitwara Abikingije COVID-19 Gusa
Next Article Urwibutso Rwa Jenoside Rwa Kigali Rugiye Kuvugurura Inyubako
1 Comment
  • Profesa Pacifique Malonga says:
    20 December 2021 at 9:48 am

    Ibyo uvuga nibyo jye nanditse agatabo gashingiye k’ ubushakashatsi n’ ingero nyazo mu Rwanda no mubindi bihugu ! Umbereye imfura wamfasha uko twakageza kuri benshi ! Urakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?