Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Urugomero Rwa Rusumo Ruratangira Gutanga Amashanyarazi Mu Ugushyingo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2022 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama iherutse guhuza ba Minisitiri w’Ibikorwaremezo b’u Burundi, u Rwanda na Tanzania yatangaje ko bitarenze Ugushyingo, 2022  imirimo yo kubaka Urugomero ruvuguruye rwa Rusumo izaba yarangiye.

Icyizere gitangwa na ziriya nzego kivuga ko mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira, amashanyarazi azatangwa na ruriya rugomero azatangira gusaranganywa hagati y’u Burundi, u Rwanda na Tanzania.

Ku ikubitiro, uyu mushinga wagombaga kuba warangiye mu mwaka wa 2021 ariko Guverinoma z’ibi bihugu zitangaza ko ugomba kwigizwa imbere kubera ko COVID-19 yawugizeho ingaruka.

Minisitiri ushinzwe ingufu muri Tanzania witwa Yusuf Makamba, avuga ko we na bagenzi be biyemeje ko uriya mushinga ugomba kuzaba wararangiye mu mpera z’uyu mwaka (2022) byanze bikunze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “   Mu Ugushyingo uyu mwaka imashini za mbere zitanga amashanyarazi zizaza zararangije gushyirwa mu ruganda zitangire kugira amashyarazi amwe zitanga hanyuma imirimo ya nyuma yo kurwuzuza mu buryo budasubirwaho izarangire mu mwaka wa 2023.”

Mu mezi make ashize, abagenzuzi b’Imari ya Leta y’u Rwanda, iy’u Burundi n’iya Tanzania bahuriye i Kigali basuzumira hamwe icyatumwe uriya mushinga wa Miliyoni $468 utararangiriye igihe.

Babwiye itangazamakuru ko imwe mu mpamvu zabiteye ari uko wizwe nabi, ugenerwa amafaranga macye.

Ni amafaranga yari yaratanzwe ku nguzanyo ya Banki y’Isi na Banki Nyafurika y’Iterambere.

Ibintu nibigenda nk’uko byateganyijwe, ruriya rugomero rizatanga Megawatts 80 zizaba ari inyongera y’ingirakamaro ku muriro u Rwanda rwari rusanganywe kandi ukazarufasha kugera ku ntego ya Guverinoma y’uko mu mwaka wa 2024 ingo zose z’abarutuye zizaba zicaniwe.

- Advertisement -

Ni umushinga wagombaga gucukura umuhora wa metero 150 zifite umwobo ntambike( tunnel) wa metero 460 urimo ibyuma bifite ubushobozi bwo kubyara 3*30MW  byitwa Kaplan turbines.

Umugenzuzi W’Imari Ya Leta Avuga Ko Kuzuza Urugomero Rwa Rusumo Bitazagerwaho Ku Gihe

TAGGED:RusumoUrugomero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ababikira Bane Bashimuswe
Next Article Abaganga Ba Baho International Hospital Bagiye Kugezwa Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?