Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukingo Ruzakorerwa Hano Ruzabanza Ruramire Abanyarwanda – Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukingo Ruzakorerwa Hano Ruzabanza Ruramire Abanyarwanda – Perezida Kagame

Last updated: 05 November 2021 6:15 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko inkingo za COVID-19 zizakorerwa mu Rwanda zigomba kubanza zigahaza abaturage bazikeneye, mbere y’uko zizajya mu bindi bihugu.

Mu kwezi gushize Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo BioNTech cyo mu Budage, kizubaka mu gihugu uruganda rukora inkingo za Covid-19 n’izindi zikenewe.

Icyo kigo cyemeye guha ku bumenyi bwacyo abanyarwanda bazaba bakora muri urwo ruganda rw’inkingo.

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yavuze ko igihugu cyagize amahirwe yo kubona inkingo ndetse umubare wazo kimwe n’abakingirwa uragenda wiyongera.

Hari nyuma yo kwakira indahiro za Kamuhire Alex uheruka kugirwa Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, wari asanzwe ari umugenzuzi mukuru w’Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Abandi ni Ingabire Assumpta wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage na DCG Rose Muhisoni uherutse kugirwa Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS).

Perezida Kagame yagize “Abanyarwanda barabyitabiriye, na mbere hose ntabwo abanyarwanda bari bafite ikibazo cyo gukingirwa ahubwo bagize ikibazo cyo kubona urukingo. Ariko urwo rukingo ruragenda ruboneka, ndetse ku by’amahire mu bihe biri imbere bitari kera cyane, dushobora no kuzatangira gukora urukingo hano mu Rwanda.”

“Urukingo ruzakorerwa hano ruzabanza ruramire Abanyarwanda, hanyuma rukomeze ruramira n’abandi banyafurika ndetse n’ahandi wenda niruba ruhagije, nibyo twifuza.”

Yavuze ko bitazagarukira ku rukingo rwa COVID-19, ahubwo hazaba hakorwa n’izindi  nk’urwa malaria n’igituntu.

Ni inkingo zizaba zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya mRNA ry’ikigo BioNTech.

Perezida Kagame yashimiye abanyarwanda n’abayobozi ku myitwarire myiza bagaragaje mu guhangana na COVID-19, yanageze ku rwego mpuzamahanga ku buryo hari ababona ko byavamo isomo.

Yavuze ko bitava ku busa, ahubwo bijyana n’imyifatire ya buri munsi ijyanye n’imiyoborere y‘igihugu yubatswe nko kuva mu myaka 15 ishize.

Yakomeje ati “Ni ugukomeza intambara yo kurwanya iki cyorezo, mu gihugu cyacu twagize uruhare rwacu mu kukirwanya ndetse iyo tutakirwanya uko twakirwanyije byashoboraga kuba byaratwaye ubuzima bw’abantu bwikubye inshuro nyinshi.”

Biteganywa ko uru ruganda rw’inkingo ruzubakwa mu cyanya cyahariwe Inganda cya Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hafi na Carnegie Mellon University.

Bibarwa ko amafaranga azarugendaho arenga miliyoni 100 z’amayero.

Mu ntangiriro ruzaba rukora inkingo miliyoni 50 ku mwaka, ariko zizagenda ziyongera bitewe n’uko zikenewe.

Imirimo yo kurwubaka iteganyijwe hagati mu mwaka utaha, mu gikorwa kizafata imyaka ibiri.

Kugeza ubu mu Rwanda abamaze gukingirwa byuzuye ni miliyoni 2.1, mu gihe abahawe nibura urukingo rwa mbere ari miliyoni 4.1.

Hakenewe inkingo nyinshi cyane kubera ko harimo gusuzumwa uburyo abageze mu zabukuru bahabwa urukingo rwa gatatu, ndetse n’abari munsi y’imyaka 18 bakaba bakingirwa nk’uko mu bihugu byinshi byatangiye.

Ni imibare ubundi itarateganywaga ubwo gukingira byatangiraga.

 

DCG Rose Muhisoni arahirira inshingano ze
Kamuhire Alex ni we mugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta mushya
Ingabire Assumpta yarahiriye inshingano ze

 

TAGGED:Assumpta IngabireBioNTechCOVID-19featuredInkingoKamuhire AlexPaul KagameRose Muhisoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagenzacyaha Barasaba Kwigishwa Amarenga
Next Article Twitter Yabaye Ihagaritswe Muri Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?