Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zigama CSS Yiyemeje Kwinjiza Miliyari 69.9 Frw Mu 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Zigama CSS Yiyemeje Kwinjiza Miliyari 69.9 Frw Mu 2022

Last updated: 14 December 2021 11:33 pm
Share
SHARE

Banki ihuza abakora mu nzego z’umutekano, Zigama CSS, yihaye intego ko mu mwaka utaha wa 2022 izinjiza miliyari 69.9 Frw zivuye kuri miliyari 54.2 Frw zinjiye muri uyu mwaka, ndetse inyungu yayo nyuma yo kwishyura imisoro ikazava kuri miliyari 15.2 Frw yabonye muri uyu mwaka ikagera kuri miliyari 20.1 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021 nibwo hateranye inama y’Inteko rusange ya Zigama CSS, yemeje gahunda y’ibikorwa bya banki mu mwaka utaha.

Yateraniye ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura.

Iyi nama y’inteko rusange ya 35 kandi yemerejwemo ingingo zikomeye zigamije guteza imbere imibereho y’abanyamuryango, harimo kongerera ubushobozi ikigega cy’ingoboka no kongera inguzanyo zihabwa abanyamuryango.

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Zigama CSS, Dr James Ndahiro, yavuze ko guteza imbere imibereho y’abanyamuryango ari zo ntego z’iyi koperative.

Yashimangiye ko bijyanye na gahunda zemejwe, umunyamuryango usabye inguzanyo yamufasha gutunga inzu ku nshuro ya mbere afashwa kuyibona ku nyungu ya 10%, nk’uko Minisiteri y’Ingabo yabitangaje.

Yagize ati “Mu gihe Zigama CSS ikomeza kuzamura ubushobozi, abanyamuryango bazakomeza kuyungukiramo mu buryo butandukanye.”

Iyi nama yayobowe na Minisitiri w’Ingabo Maj Gen Albert Murasira, initabirwa na Minisitiri w’Ubutabera Dr Emmanuel Ugirashebuja, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura n’abandi bayobozi mu nzego z’umutekano.

ZIGAMA CSS ihurirwaho n’Ingabo z’u Rwanda, Polisi, Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS), Urwego rw’Iperereza n’Umuteano w’Igihugu (NISS), Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha na Laboratwai y’Igihugu y’Ibimenyetso bya gihanga.

Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere, Lt Gen Jean Jacques Mupenzi atanga igitekerezo
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Dan Munyuza
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura yari yicaranye n’Umuyobozi mukuru wa RCS CG Juvenal Marizamunda

 

TAGGED:Dr Emmanuel UgirashebujafeaturedImisoroMaj Gen Albert MurasiraRDFZigama CSS
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hadutse Indi Ndwara ‘Itaramenyekana’
Next Article Omicron Yageze Mu Rwanda, Ingamba Zo Kwirinda Zirakazwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?