Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayoboye Igitero Cyishe Abaturage Mu Kinigi Basabiwe Gufungwa Burundu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Abayoboye Igitero Cyishe Abaturage Mu Kinigi Basabiwe Gufungwa Burundu

admin
Last updated: 24 November 2021 1:27 pm
admin
Share
SHARE

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rukuru rwa gisirikare guhamya ibyaha Selemani Kabayija wari umuyobozi wungirije w’igitero cyagabwe mu Kinigi n’umutwe wa RUD Urunana, cyahitanye abantu 15 naho 14 bagakomereka.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabiye ibihano abantu 38 baregwa muri iyi dosiye, nyuma yo kumva ubwiregure bwa buri wese mu baregwa.

Bwasabye ibihano birimo gufungwa burundu ku bashinjwa uruhare rukomeye muri kiriya gitero, mu gihe abandi basabiwe gufungwa imyaka 20, abandi 10.

Baregwa uruhare mu gitero cyagabwe n’umutwe wa RUD Urunana ukorera mu mashyamba ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu ijoro rishyira ku wa 4 Ukwakira 2019.

Ingabo z’u Rwanda zishe abantu 19 mu bagabye kiriya gitero, abasigaye bahungira muri Uganda, bagenda banafite imbunda zabo.

Harimo bamwe bafashwe bashyikirizwa u Rwanda barimo Sous-Lieutenant Selemani Kabayija na Private Fidèle Nzabonimpa, baza gushyikirizwa urukiko.

Gusa mu biganiro byahuje u Rwanda na Uganda muri Gashyantare 2020, rwaje kugagaragaza ko uwari uyoboye kiriya gitero witwa Kapiteni Cassien Nshimiyimana alias ‘Gavana’ akomeje kurengerwa n’inzego z’umutekano za Uganda aho yahungiye.

Bariya bose baregwa ibyaha byo kurema umutwe w’ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo, kugirana umubano na leta y’amahanga bigiriwe gushoza intambara, gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi no kuwujyamo.

Baregwa kandi kugirira nabi ubutegetsi buriho, icyaha cy’iterabwoba, ubufatanyacyaha mu bwicanyi, ubufatanyacyaha mu kwiba hakoreshejwe intwaro n’ubufatanyacyaha mu gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa kuwa 29 Werurwe 2021.

TAGGED:featuredIterabwobaKinigiMusanzeP5RUD Urunana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaminisitiri Basabye Ko Abadepite Ba EALA Bagabanywa
Next Article Abafana Ba Rayon Na APR Bakurikiranyweho Guhimba Ibyemezo By’Uko Batanduye COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?