Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akazi Muri Miss World 2021 ‘Katangiye’, Miss Rwanda Ariteguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Akazi Muri Miss World 2021 ‘Katangiye’, Miss Rwanda Ariteguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2021 11:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda akaba anaruhagarariye mu marushwa y’ubwiza yitwa Miss World  ari we Grace Ingabire yatangiye gukorana na bagenzi be bahuriye muri ririya rushanwa.

Gukorana kwabo gushingiye ku ngingo y’uko n’ubwo bari mu irushanwa ariko ni abakobwa bagenzi be, bagomba gukorana bya hafi bakabana kivandimwe.

Ingabire ari mu irushanwa riri kubera muri Puerto Rico.

Ryahuje abakobwa batwaye amakamba y’ubwiza mu bihugu byabo mu mwaka wa 2018 na 2019.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rubuga rw’abategura ririya rushanwa handitseho ko ‘akazi katangiye’.

Ikamba rya Miss World muri iki gihe rifitwe na Toni-Ann Singh ukomoka muri Jamaica.

Ann Singh ni umukobwa wa kane ukomoka muri Jamaica wegukanye ririya kamba ndetse ni nawe wagize amahirwe yo kurimarana igihe kuko arifite guhera mu mwaka wa 2019.

Ikamba rya Miss World muri iki gihe rifitwe na Toni-Ann Singh ukomoka muri Jamaica.

Ann Singh na mugenzi we wamubanjirije mu gutwara ririya kamba witwa Silvia Vanessa Ponce de León Sánchez nibo baje guha ikaze barumuna babo baturutse imihanda yose baje guhatanira ririya kamba.

Miss w’u Rwanda Grace Ingabire yageze muri Puerto Rico tariki 21, Ugushyingo, 2021.

- Advertisement -
Grace Ingabire niwe uhagarariye u Rwanda. Ari kumwe na bagenzi be

Niwe wahawe ibendera ry’u Rwanda ngo ajye kuruhagararira kandi yasabwe kutazarukoza isoni ngo rutsindwe.

Uzatsindira ririya kamba azarambikwa tariki 16, Ukuboza, 2021.

Abakobwa bari kwitabira ririya rushanwa bacumbikiwe muri Hotel yitwa Hyatt Regency Grand Reserve iri ahirwa Rio Grande.

Bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa. Miss Ingabire ni uwa mbere uhereye i buryo

Ni hamwe mu hantu nyaburanga hagize Ikirwa cya Puerto Rico kiri mu Birwa bya Caribbean.

Puerto Rico izwiho kugira amahumbezi aturuka mu Nyanja ya Atlantique igabanya Afurika na Amerika.

Ni igihugu Leta zunze ubumwe z’Amerika zifata nk’icyazo.

Gifite amashyamba cyimeza menshi ariko azwi cyane ni iryitwa  El Yunque National Forest, ibisi byitwa Cordillera Central, Sierra de Cayey, Sierra de Luquillo na Sierra de Bermeja.

Puerto Rico iherereye mu Nyanja ya Atlantique

Kubera ko ari ikirwa, Puerto Rico ifite ahantu hanini hari umucanga hafi y’Inyanja aho abantu bajya kuruhukira no gufata amafu.

Miss Ingabire ari kumwe na bagenzi be Ann Singh na Vannessa Ponce
Aba ni abandi baje bahagarariye ibihugu byabo bifotoje bari kumwe na Miss Rwanda Ingabire Grace
TAGGED:featuredIngabireIrushanwaMissPuerto RicoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhayimana Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Araburanira i Paris
Next Article U Burusiya Buri ‘Gutegura Intambara Yeruye’ Kuri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?