Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Miss Rwanda Muri Puerto Rico Afite Akanyamuneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Amafoto: Miss Rwanda Muri Puerto Rico Afite Akanyamuneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2021 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda akaba anaruhagarariye mu marushwa y’ubwiza yitwa Miss World  ari we Grace Ingabire ari muri Puerto Rico aho ari guhatanira gutwara Ikamba ryitwa Miss World. Amafoto ye Taarifa ifite aramwerekena asabana na bagenzi, kandi agaragara nk’umuntu ufite akanyamuneza.

Amwe mu mafoto aramwerekana asimbuka mu kirere, andi akamwerekana ari kumwe na bagenzi be bishimye.

Hashize igihe gito hatangiye ibikorwa bigenewe bariya bakobwa kugira ngo bitegure irushanwa nyirizina ryo kuzabatoranyamo uzegukana ririya kamba mu mwaka wa 2022.

Muri iki gihe ririya kamba rifitwe n’umukobwa wo muri Jamaica witwa Toni-Ann Singh..

Ryahuje abakobwa batwaye amakamba y’ubwiza mu bihugu byabo mu mwaka wa 2018 na 2019.

Ku rubuga rw’abategura ririya rushanwa haherutse kwandikwaho ko ‘akazi katangiye’, ko irushanwa ryamaze gutangira mu buryo bweruye.

Ubwo yahagurukaga mu Rwanda ngo ajye kuruhagararira muri ariya marushanwa, Miss Rwanda Ingabire Grace yasabwe kutazarusuzuguza ngo atahe amara masa.

N’ubwo afite akanyamuneza ariko, ku rundi ruhande afite akazi katoroshye ko guhigika bagenzi be 120 baturutse hirya no hino ku isi.

Uzatsindira ririya kamba azaryambikwa tariki 16, Ukuboza, 2021.

Abakobwa bari kuryitabira bacumbikiwe muri Hotel yitwa Hyatt Regency Grand Reserve iri ahirwa Rio Grande.

Puerto Rico ni igihugu kizwiho kugira ikirere gihundagaje amahumbezi aturuka mu Nyanja ya Atlantique igabanya Afurika na Amerika.

Ni igihugu Leta zunze ubumwe z’Amerika zifata nk’icyazo.

Gifite amashyamba cyimeza menshi ariko azwi cyane ni iryitwa  El Yunque National Forest, ibisi byitwa Cordillera Central, Sierra de Cayey, Sierra de Luquillo na Sierra de Bermeja.

Kubera ko ari ikirwa, Puerto Rico ifite ahantu hanini hari umucanga hafi y’Inyanja aho abantu bajya kuruhukira no gufata amafu.

Urugwiro ni rwose
Aho bacumbitse baranezerewe
Nta kibazo na kimwe
Puerto Rico mu mahumbezi
Ni ingwatira n’urugwiro mu rungano
Mugenzi we wamubanjirije gutwara Ikamba rya Miss World 2018 witwa Silvia Vanessa Ponce de León Sánchez ukomoka muri Mexique
TAGGED:featuredIrushanwaMissPuerto RicoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Hafi 1000 Basoje Imyitozo Ikomeye Yo Kurwanira Ku Butaka
Next Article RBC Iraburira Abanyarwanda Ku Bwoko Bushya Bwa COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?