Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amafoto: Miss Rwanda Muri Puerto Rico Afite Akanyamuneza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Amafoto: Miss Rwanda Muri Puerto Rico Afite Akanyamuneza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2021 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyampinga w’u Rwanda akaba anaruhagarariye mu marushwa y’ubwiza yitwa Miss World  ari we Grace Ingabire ari muri Puerto Rico aho ari guhatanira gutwara Ikamba ryitwa Miss World. Amafoto ye Taarifa ifite aramwerekena asabana na bagenzi, kandi agaragara nk’umuntu ufite akanyamuneza.

Amwe mu mafoto aramwerekana asimbuka mu kirere, andi akamwerekana ari kumwe na bagenzi be bishimye.

Hashize igihe gito hatangiye ibikorwa bigenewe bariya bakobwa kugira ngo bitegure irushanwa nyirizina ryo kuzabatoranyamo uzegukana ririya kamba mu mwaka wa 2022.

Muri iki gihe ririya kamba rifitwe n’umukobwa wo muri Jamaica witwa Toni-Ann Singh..

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ryahuje abakobwa batwaye amakamba y’ubwiza mu bihugu byabo mu mwaka wa 2018 na 2019.

Ku rubuga rw’abategura ririya rushanwa haherutse kwandikwaho ko ‘akazi katangiye’, ko irushanwa ryamaze gutangira mu buryo bweruye.

Ubwo yahagurukaga mu Rwanda ngo ajye kuruhagararira muri ariya marushanwa, Miss Rwanda Ingabire Grace yasabwe kutazarusuzuguza ngo atahe amara masa.

N’ubwo afite akanyamuneza ariko, ku rundi ruhande afite akazi katoroshye ko guhigika bagenzi be 120 baturutse hirya no hino ku isi.

Uzatsindira ririya kamba azaryambikwa tariki 16, Ukuboza, 2021.

- Advertisement -

Abakobwa bari kuryitabira bacumbikiwe muri Hotel yitwa Hyatt Regency Grand Reserve iri ahirwa Rio Grande.

Puerto Rico ni igihugu kizwiho kugira ikirere gihundagaje amahumbezi aturuka mu Nyanja ya Atlantique igabanya Afurika na Amerika.

Ni igihugu Leta zunze ubumwe z’Amerika zifata nk’icyazo.

Gifite amashyamba cyimeza menshi ariko azwi cyane ni iryitwa  El Yunque National Forest, ibisi byitwa Cordillera Central, Sierra de Cayey, Sierra de Luquillo na Sierra de Bermeja.

Kubera ko ari ikirwa, Puerto Rico ifite ahantu hanini hari umucanga hafi y’Inyanja aho abantu bajya kuruhukira no gufata amafu.

Urugwiro ni rwose
Aho bacumbitse baranezerewe
Nta kibazo na kimwe
Puerto Rico mu mahumbezi
Ni ingwatira n’urugwiro mu rungano
Mugenzi we wamubanjirije gutwara Ikamba rya Miss World 2018 witwa Silvia Vanessa Ponce de León Sánchez ukomoka muri Mexique
TAGGED:featuredIrushanwaMissPuerto RicoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Hafi 1000 Basoje Imyitozo Ikomeye Yo Kurwanira Ku Butaka
Next Article RBC Iraburira Abanyarwanda Ku Bwoko Bushya Bwa COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?