Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Umunyamakuru Unenga Ubutegetsi Aravugwaho ‘Kuba Mu Mazi Abira’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Umunyamakuru Unenga Ubutegetsi Aravugwaho ‘Kuba Mu Mazi Abira’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2022 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jérémie Misago usanzwe wandikira ikinyamakuru Burundi Iwacu aravugwaho gushimutwa. Ni ibyemezwa n’abayobozi b’ikinyamakuru yari asanzwe yandikira.

Hagati aho ariko, uyu munyamakuru yaraye yumvikanye mu ijwi rye ariko rivugana ikiniga, abwira bagenzi be ko ari mu gihugu.

Yababwiye ati: “ Ndi mu gihugu  imbere kandi meze neza.  Ibyo nibyo nabashaka kubabwira kugeza ubu…”

Bivugwa ko abakozi ba Burundi Iwacu batangiye kubura mugenzi wabo mu mpera z’Icyumweru gishize cyarangiye Taliki 20, Ugushyingo, 2022.

Ubuyobozi bw’iki kinyamakuru buvuga ko nyuma yo kubura umukozi wabo, ikibazo bakigejeje kuri  Komiseri wa Polisi mu Mujyi wa Bujumbura.

Antoine Kaburahe uyobora ikinyamakuru Burundi Iwacu ati:  “Nishimiye uruhare rwa polisi mu gushakisha umunyamakuru J. Misago, birashimishije cyane. Abapolisi barigukora cyane kandi turakomeza gukorana.”

Ibura rya Misago ryamenyeshejwe  n’itsinda rishinzwe uburenganzira bwa muntu naryo ritangira iperereza.

Abo mu muryango wa Misago  bavuga ko yabuze ubwo yavaga ahitwa Nyakabiga ajya i Bujumbura mu Mujyi.

Icyo gihe ngo yiteguraga kujya kwereka umukunzi we abo mu muryango we batuye ahitwa Kiyogoro.

Icyakora ngo ntiyaje kumenya uko yavuye mu modoka, akisanga aho yahamagariye bagenzi be ababwira ko ari ho ari kandi ari muzima!

Basabye inzego z’umutekano gukurikirana ibura rye cyangwa bakamenyeshwa nimba afunzwe nk’uko bikunda gukorwa ku banyamakuru batangaza ibitagenda neza mu Burundi.

TAGGED:BurundifeaturedMisagoUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Avuga Ko Kwigisha Umwana Bimufasha Kurengera Ibidukikije
Next Article Mu Bigo By’Amashuri Muri Kigali Hagiye Guterwa Ibiti Byinshi By’Imbuto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?