Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cabo Delgado Igiye Kubakwa Bushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Cabo Delgado Igiye Kubakwa Bushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2021 5:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubakwa kw’iyi Ntara  bizakorwa binyuze mu nkunga izatangwa n’abafatanyabikorwa ba Leta ya Mozambique barimo na Banki y’Isi. Iyi banki yarangije kurekura miliyoni 100$ zo guhita hatangira gukorwa ibikorwa by’ibanze bwo gusana ibice by’ibanze by’uriya mujyi.

Uyu mujyi uherutse kubohorwa n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu rugamba rwo kwirukana abarwanyi bari bamaze imyaka itatu barigaruriye iriya Ntara iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique.

Ni Intara iri mu zikize kuri Petelori na gazi muri Mozambique.

Umuyobozi wa Banki y’Isi muri Mozambique witwa Idah Pswarayi-Riddihough avuga ko byabaye ngombwa ko iriya banki igira amafaranga iteganya yo gusana ibikorwa remezo bizakenerwa n’abaturage bari gutahuka basubira mu byabo.

Madamu Idah Pswarayi-Riddihough avuga ko Banki ahagarariye muri Mozambique iteganya kuzongera andi mafaranga mu gusana Cabo Delgado uko ibintu bizagenda bisubira mu buryo kandi mu bice byinshi by’iriya Ntara

Igice cya mbere cy’ariya mafaranga kizatangira gushorwamo mu mishinga muri Mutarama, 2022.

Ku ikubitiro hazabanza gusanwa inzu za Leta, ibitaro, amashuri, imiyoboro y’amazi n’ibindi.

Imbumbe y’amafaranga Banki y’isi yateguye mu gusabna Cabo Delgabo ingana na miliyoni 300$.

Nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zibohoye Cabo Delgado, Perezida Paul Kagame yarazisuye.

Mu kiganiro yahaye ingabo ze n’iza Mozambique zari ziyobowe n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo za Mozambique akaba na Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi, Perezida Kagame yavuze ko ingabo z’u Rwanda zigifite akazi kandi karebana no gutuma abaturage batekana.

Kagame yavuze ko ubufatanye hagati y’u Rwanda na Mozambique mu guhashya abarwanyi bo muri Cabo Delgado ari kimwe mu byerekana ubufatanye bw’abatuye Afurika.

Ati: “ Abatuye Cabo Delgado n’ahandi muri Mozambique bakeneye umutekano, bakabaho batekanye bakora akazi kabi nta kibabuza gusinzira, bagakora bakiteza imbere.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na Mozambique bwatumye ingabo z’ibihugu byombi zifatanya mu guhashya abarwanyi bo muri Cabo Delgado.

TAGGED:featuredIngaboKagameMozambiqueNyusiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafunze Hakuzimana Abdou Rashid Ashinjwa Guhakana Jenoside
Next Article Ikigo Cy’Imisoro Cyinjije Imisoro Irenzeho Miliyari 60.1 Frw Ku Ntego Y’Umwaka 2020/2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?