Shema Arnaud wamamaye ku izina rya DJ Toxxyk yagejejwe mu rukiko asomerwa ibyo aregwa, muri byo yemera ko yakoze icyaha cyo guhunga amaze gukora cyangwa guteza impanuka, yemera kandi ko yakoze ubwicanyi budaturutse ku bushake.
Gusa yunzemo ko hari ibyaha atemera birimo ibikorwa byerekeye ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imikoreshwa nkabyo, kandi ahakana ko yanze gupimishwa icyuma gipima inzoga mu maraso.
Urubanza rwe rwabereye mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rukurikiranwa n’abantu benshi barimo n’abanyamakuru bari baje kumva iby’iki cyamamare mu kuvangavanga umuziki, abo bita DJs ( Disk Jokers).
Tariki 21, Ukuboza, 2025 nibwo inkuru y’uko uyu mugabo yagonze umupolisi akamwica yamenyekanye.
Icyo gihe, Polisi yatangaje ko iriya mpanuka yabaye kuri uyu wa Gatandatu Tariki 20, Ukuboza, 2025 ubwo uwo munyamuziki yagongaga uwo mupolisi wari mu kazi ko gucunga umutekano akamuhitana.
Yamugongeye mu Mujyi wa Kigali ahitwa kuri Peage mu Kiyovu, imodoka ya Toxxyk iramukururana imugeza muri metero 30 hirya y’umuhanda.
Umuvugizi wa Polisi ku rwego rw’igihugu ACP Boniface Rutikanga yabwiye itangazamakuru ko uwo musore yafashwe akaba yarahise afungirwa kuri station ya Polisi ya Remera mu Karere ka Gasabo.
Polisi yemezaga ko Toxxyk yari yanyoye inzoga nyinshi.
Byahise bitangazwa kandi ko yafatiwe mu Karere ka Karongi agerageza guhungira muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.
Iyo uciye i Karongi, uba ushobora kugera muri DRC unyuze muri Nyamasheke ukambukira muri Rusizi, ukaba wahanyura ugana i Bukavu.


