Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dr. Bizimana Yagizwe Minisitiri w’Ubumwe Bw’Abanyarwanda, Busingye Agirwa Ambasaderi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dr. Bizimana Yagizwe Minisitiri w’Ubumwe Bw’Abanyarwanda, Busingye Agirwa Ambasaderi

admin
Last updated: 31 August 2021 9:37 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma, Dr. Jean Damascene Bizimana agirwa Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Johnston Busingye wari umaze igihe kirekire ari Minisitiri w’Ubutabera n’Intumwa Nkuru ya Leta agirwa Ambasaderi mu Bwongereza.

Dr Bizimana ni we wa mbere ugiye kuyobora Minisiteri y’Ubumwe be’abanyarwanda, yemejwe n’inama y’abaminisitiri muri Nyakanga, iba Minisiteri ya 20 mu zigize Guverinoma y’u Rwanda.

Yari amaze igihe ayobora Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside. Mbere yaho yari umusenateri.

Dr Bizimana Jean Damascene

Muri iyo Minisiteri kandi, Clarisse Munezero yagizwe Umunyamabanga Uhoraho.

Mu basohotse muri Guverinoma ni Johnston Busingye, wari Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta guhera ku wa 24 Gicurasi 2013.

Busingye amaze imyaka umunani ari Minisitiri w’Ubutabera

Yagizwe ambasaderi mu Bwongereza, umwanya yasimbuyeho Yamina Karitanyi wari uhagarariye u Rwanda mu Bwongereza, Malta na Ireland.

Yamina yagaruwe mu Rwanda, agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda.

Yamina Karitanyi

Uwo mwanya wari usanzweho Francis Gatare, mu mpinduka Perezida Paul Kagame yakoze akaba yamugize Umujyanama we mukuru mu bijyanye n’ubukungu.

Francis Gatare

Mu zindi mpinduka zakozwe, Dr. Fidele Ndahayo yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Ingufu za Atomike, ikigo gishya giheruka gushingwa.

Ni mu gihe Dr. Thierry Mihigo Kalisa yagizwe umuyobozi ushinzwe ubukungu muri Banki Nkuru y’u Rwanda.  Ni umwanya wahozeho Prof Kigabo Thomas uheruka kwitaba Imana.

TAGGED:Dr Bizimana Jean DamascenefeaturedJohnston Busingye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo
Next Article AKUMIRO: Abanyarwanda Bakubitiwe N’Umushinwa I Rutsiro Bari Barashimuswe I Nyamasheke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?