Polisi ya Portugal yafatiye mu ndege inshuti magara y’uwahoze ari Perezida wa Guinée-Bissau afite miliyoni € 5. Yari kumwe n’umugore wa Umaro Sissoco Embalo uherutse guhirikwa ku butegetsi.
Umugore we ariko ntiyafunzwe na Polisi, Radio France Internationale ikavuga ko uwo muntu wafashwe ari bugezwe imbere y’ubutabera bidatinze.
Ubwo ndege yari ibatwaye yageraga ku kibuga cyazo kiri ahitwa Figo Maduro nibwo Polisi ikorana n’ubugenzacyaha bwa Portugal yabafataga nyuma y’amakuru yari ifite y’uko uwo mugore ari buhace ari kumwe n’uwo mugabo kandi ko bari bafite ako kayabo.
Iperereza ryagaragaje ko iriya ndege yahagurutse mu Mujyi wa Marrakesh muri Maroc tariki 13, Ukuboza, ica i Bissau mu Murwa mukuru wa Guinée ibona gukomereza i Lisbonne ari naho uwo mugabo yaje gufatirwa afite ayo mafaranga bikekwa ko yabonye mu buryo bufifitse.
Hashize ibyumweru bike Umaro Sissoco Embalo ahiritswe ku butegetsi bufatwa n’abasirikare.
Yabanje guhungira muri Sénégal ariko aza gukomereza muri Maroc.
Ntiharamenyekana neza icyo ziriya miliyoni z’amayero zari zigiye gukoreshwa ariko ubwinshi bw’ayo mafaranga bwateye inzego z’umutekano kutayashira amakenga.


