Mu buryo bwemewe kandi bweruye, Perezida Guinée équatoriale witwa Teodoro Obiang Nguema Mbasogo yatangaje ko Umurwa mukuru w’igihugu cye utakiri Malabo ahubwo ari Ciudad de la Paz.
Ni umushinga watangiye mu mwaka wa 2008, umurwa mukuru mushya ukaba uherereye mu Ntara ya Djibloho mu Burasirazuba bw’igihugu.
Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida wa Guinée équatoriale rigira riti: “Ciudad de la Paz [Umujyi w’amahoro], mu Ntara ya Djibloho, ubu niwo Murwa mukuru wa Repubulika ya Guinée équatoriale.”
Umujyi wa Ciudad de la Paz uri mu ishyamba rigari rya équatoriale, kuwubaka ukaba umushinga watangijwe na Perezida Teodoro Obiang Nguema hari mu mwaka wa 2008.
Mu itangazo ryavuye mu Biro by’Umukuru w’igihugu, handitsemo ko inzego zose za Leta n’iziyishamikiyeho zigomba kuba zimuriye imirimo mu Biro byabyo biri muri uwo Murwa mushya.
Guinée équatoriale ni igihugu gituranye na Gabon, Cameroun, kigakora no ku nyanja ya Atlantique, kikaba giherereye muri Afurika yo Hagati.


