Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imibare Y’Abarembye Kubera COVID-19 Yongeye Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Imibare Y’Abarembye Kubera COVID-19 Yongeye Kuzamuka

admin
Last updated: 09 March 2021 9:10 am
admin
Share
Ibitaro bya Nyarugenge nibyo bivurirwamo abarwaye COVID-19
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje ko abantu barembye kubera icyorezo cya COVID-19 bongeye kuzamuka, aho kuri uyu wa Mbere bageze ku bantu 20 mu gihe icyumweru gishize cyatangiye harembye abantu batandatu.

Ni ikibazo kijyanye n’uburyo muri iyi minsi abantu bandura basigaye baruta abakira nubwo imibare yabo idakanganye nko mu byumweru bishize.

Kuri uyu wa Mbere abakirwaye bageze ku 1480 mu gihe mu minsi icyenda ishize – ku wa 28 Gashyantare – bari 821 ari na wo mubare muto uheruka.

Imibare y’abarembye yazamutse cyane kuri uyu wa Mbere bagera kuri 20 mu gihe ku Cyumweru bari 12. Ni ukuvuga ko hiyongereyeho abantu umunani mu munsi umwe.

Ku wa Gatandatu, ku wa Gatanu no ku wa Kane w’icyumweru gishize abarembye bari 11, ku wa Gatatu bari icyenda, ku wa Kabiri bari umunani mu gihe ku wa Mbere w’icyumweru gishize bari batandatu.

Minisiteri y’ubuzima isobanura ko uko umubare w’abarembye wiyongera, ariko n’ibyago by’uko hari abashobora gupfa biba byinshi.

Imibare igaragaza ko nubwo hafatwa ibipimo bike bya COVID-19 hakabonekamo abarwayi batari benshi cyane, ubwandu buhari kuko ijanisha ku bandura ryabaye 4.3% kuri uyu wa Mbere. Hafashwe ibipimo 2.483 habonekamo abarwayi 100.

Ku Cyumweru ijanisha ku bandura ryari 1.5%, ku wa Gatandatu ryari 1.6% naho ku wa Gatanu ryari 2%.

Muri rusange abamaze gusangwamo COVID-19 mu Rwanda ni abantu 19.659, abakize ni 17.911 naho abamaze gupfa ni 268.

Kugeza ubu amaso yerekejwe ku bikorwa byo gutanga inkingo za COVID-19 nk’uburyo bwonyine bwo guhagarika icyorezo bushoboka kugeza magingo aya.

Mu minsi itatu ishize hamaze gukingirwa abaturarwanda 208.677. Intego ni ugukingira miliyoni 7.8 kugeza mu mpera z’umwaka wa 2022.

TAGGED:COVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo Yiyahuye Bikekwa Ko Yabitewe N’Umugore We Wamuciye Inyuma
Next Article Kwikingiza COVID-19 ‘Byakereje’ Urubanza Rwa Nkubiri
1 Comment
  • Karegeya says:
    09 March 2021 at 9:38 am

    Nzabandora, Nzaramba, Bucyanayandi, Akoyiremeye, Rwajekera…ni amazina y’Abanyarwanda.

    Reply

Leave a Reply to Karegeya Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?