Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impanuka Zo Mu Mazi Zica Vuba Kurusha Izo Ku Butaka Kandi Ubutabazi Buragorana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impanuka Zo Mu Mazi Zica Vuba Kurusha Izo Ku Butaka Kandi Ubutabazi Buragorana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2021 5:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi byemezwa n’Umuyobozi  w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye. Abivuze nyuma y’uko mu Kiyaga cya Kivu haherutse kubera impanuka enye, ebyiri zikagwamo abantu.

Kuri we,  impanuka zo mu mazi ziterwa akenshi n’uko abasare baba batateganyije ko bashobora gutungurwa ngo bambare imyenda ibabuza kwibira cyangwa ngo bitwaze amatoroshi abafasha kureba kure babe bashobora gukumira impanuka mu buryo runaka.

Ikindi gikunze kuba intandaro y’impanuka ni abantu bapakira ubwato ibicuruzwa birengeje ubushobozi bwabwo kandi rimwe na rimwe bikaba ari magendu.

ACP Mwesigye  aburira abantu kwirinda impanuka zo mu mazi kuko ngo zica vuba ugereranyije n’izo mu muhanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi kibi ni uko bigoye gutabara umuntu warohomye.

Bigorana kubera ko ngo akenshi umuntu arohamye atarenza iminota itandatu atarapfa iyo adatabawe vuba cyane.

Assistant Commissioner Mwesigye ati: “ Impanuka zo mu mazi n’ubwo zidakunze kuba kenshi ariko ziba  ari mbi cyane kuko zitandukanye n’izibera mu muhanda. Mu mazi akenshi ubwato buracubira kandi iyo umuntu yarohamye mu mazi mu minota 6 gusa aba amaze kwitaba Imana.  Amazi aba yagiye mu bihaha ntabone umwuka wo guhumeka.”

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye

Avuga ko kugira ngo ziriya mpanuka zirindwe abantu bagombye kujya babanza gutekereza uko bagiye kuyajyamo, bakamenya uko baza kubyitwaramo haje umuhengeri n’umuyaga mwinshi.

Umusare ngo aba agomba  kubanza kureba uko ukirere kimeze kugira ngo aze kubasha guhangana n’umuhengeri, akabanza kugenzura ko ubwato nta kibazo bufite.

- Advertisement -

Yatanze urugero rw’impanuka iherutse kuba itewe n’uko moteri yahagaze.

Hari n’impanuka yabaye ubwato butwaye inka buratoboka, ariko inka ziroga zirambuka zijya i musozi.

Hari ishami rya Polisi rihora ryiteguye gutabara

Mu mazi manini nk’ay’Ikiyaga cya Kivu hahora abapolisi biteguye gutabara abarohamye ariko icy’ingenzi ni ugukumira impanuka.

Mu gihe ubonye hari ubwato bwarohamye ujye wihutira guhamagara Nomero ya Polisi: 0788311545.

TAGGED:featuredImpanukaKivuMwesigyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbonerakure Zivugwaho Gutoteza Abahoze Barahungiye I Mahama Mu Rwanda
Next Article Abatalibani Bashinze ‘Islamic State’ Ya Afghanistan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?