Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo z’Uburundi Ziracyari Muri Congo- Réverien Ndikuriyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo z’Uburundi Ziracyari Muri Congo- Réverien Ndikuriyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2026 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe amakuru amaze iminsi yemeza ko ingabo z’Uburundi zavuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Umunyamabanga mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi CNDD-FDD Réverien Ndikuriyo yemeza ko zikiri yo.

Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu Tariki 02, Mutarama, 2026.

Ndikuriyo avuga ko izo ngabo zitazavayo kuko ziriyo ku bw’amasezerano Kinshasa ifitanye na Gitega.

Yeruriye abari aho ko Uburundi bwohereje ingabo zabwo muri DRC kuyifasha kurwanya imitwe ihakorera irimo na M23.

Mu Kirundi yagize ati: “Ingabo z’Uburundi ntizavuye muri Congo kuko turafitaniye amasezano na Congo. Ama ‘documents’ akiriho tuvuga ko tukiriyo. Tugifise amasezerano na Leta ya Kongo tuvuga ko turiyo. Erega nabasoda bacu bagiye muri Congo si twe tubatwara. Batwarwa na Leta ya Congo.”

Yemeje ko ingabo z’igihugu cye ziri muri DRC kandi ziyoborwa nayo bityo ko bataziha amabwiriza ngo zitahe.

Umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD avuga ko abaturage ba DRC bishimira imikoranire n’Abarundi, gusa agasaba abaturage b’igihugu cye kuba baretse kumva ko bazajya Uvira mu gihe cya vuba aha.

Avuze ibi mu gihe ubwo M23 yinjiraga muri Uvira yatangaje ko yahafatiye ingabo z’Uburundi nyinshi kandi ko yavuganaga na Leta y’Uburundi ngo bacyurwe.

Umubare w’abafashwe ntiwatangajwe ndetse n’uburyo basubijweyo ntibuzwi gusa mbere hari havuzwe ko Uburundi buhafite abasirikare barenga 10,000.

Hari umuhanga witwa Prof Stearns BBC yanditse ko yayibwiye ko ifatwa rya Uvira ryabaye akaga ku Burundi kuko bwatakaje inzira ikomeye y’ubucuruzi, ubu isigaye ikaba ari imwe gusa yo guca mu kiyaga Tanganyika.

TAGGED:BurundiCNDD-FDDfeaturedIntambaraM23NdikuriyoUvira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Venezuela Yashimuswe Na Amerika
Next Article Maduro N’Umugore We Bagejejwe Muri Gereza Ya Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?