Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 55% Mu Mezi Atandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Inyungu Ya I&M Bank Rwanda Yazamutseho 55% Mu Mezi Atandatu

admin
Last updated: 31 August 2021 3:00 pm
admin
Share
smart
SHARE

I&M Bank Rwanda Plc yatangaje ko inyungu yayo yazamutseho 55% guhera muri Mutarama kugeza muri Kamena 2021,  aho yinjije miliyari 3.4 Frw nyuma yo kwishyura imisoro ugereranyije na miliyari 2.1 Frw zabonetse mu gihe nk’icyo mu 2020.

Ni inyungu yabonetse bitewe n’inguzanyo yatanze zishyurwa neza, amafaranga abakiliya babikije yazamutseho 19% n’amafaranga ateganyirizwa igihombo ku nguzanyo zitishyurwa neza yagabanyutseho 15%.

Ibyo bikajyana n’izahuka ry’ubukungu rishingiye ku mafaranga leta yakomeje gutanga, yunganira ibigo bitandukanye byahuye n’ingaruka za Covid-19.

Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi ya I&M Bank Rwanda Plc, Bonaventure Niyibizi, yavuze ko ari inyungu ishimishije kuko yabonetse mu bihe bitoroshye by’icyorezo cya Covid-19.

Yashimangiye ko iyi banki no mu bihe bitoroshye, yakomeje guha abakiliya serivisi bakeneye kandi izabikomeza no mu bihe biri imbere.

Umuyobozi wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yavuze ko hari icyizere ko ubukungu buzakomeza kuzahuka, hashingiwe ku ngamba zifatwa mu guhangana na Covid-19 harimo gukingira abantu benshi.

Muri rusange inguzanyo zatanzwe muri icyo gihe zari miliyari 210 Frw, mu gihe amafaranga yabikijwe n’abakikiya yari miliyari 303 Frw akaba yarazamutse ho 2%.

Iyi banki ivuga ko inguzanyo zayo zifashe neza kuko izitishyurwa neza zigeze kuri 3.51%.

I&M Bank Rwanda Plc iheruka gutsindira igihembo cya banki ya mbere mu Rwanda gitangwa n’ikigo Capital Finance International (CFI.co), kubera ishoramari yakoze mu ikoranabuhanga.

Mu mezi ashize yamuritse ibyuma byo kubikuza (ATM) bikoresha ikoranabuhanga rya NFC, aho ushobora gukoresha ikarita yawe utarinze kuyishyira mu cyuma.

Yanahembewe kandi ubufatanye yagiranye na Guverinoma y’u Budage binyuze muri banki yayo y’iterambere, KfW, muri gahunda ya babashije gufasha abacuruzi bato n’abaciriritse mu kubungabunga imirimo igera ku 1800 muri ibi bihe bya COVID-19.

TAGGED:COVID-19featuredI&M Bank Rwanda Plc
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amatariki Y’Ingenzi Yaranze Intambara Y’Amerika Muri Afghanistan Yaraye Irangiye
Next Article Urukiko Mu Bufaransa Rwanze Ubujurire Bwa Agatha Kanziga Habyarimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?