Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2026 8:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yarashwe mu cyico.
SHARE

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba Superintendent of Police Hamdun Twizeyimana yabwiye Taarifa Rwanda ko uwarashwe yari umujura ruharwa, akaba yarashwe ubwo yari agiye kwereka Polisi aho yakoreye icyo cyaha hanyuma ashaka kwiruka araswa mu cyico.

Uwo musore witwa Eric Duukuzumuremyi yarashwe kuri uyu wa Gatatu arasiwe ahitwa Cyunuzi mu Murenge wa Gatore muri Kirehe.

Polisi ivuga ko yarebye mu madosiye y’uyu musore isanga yari ruharwa mu kwiba.

SP Twizeyimana ati: “No mu kwezi kwa Gatandatu yarekuwe muri gereza na bwo yarafungiwe ubujura.”

Tariki 02, Mutarama, 2026, bivugwa ko  yateze umumotari mu gishanga cya Cyunuzi, amwambura moto asiga amwishe, nyuma Polisi n’abaturage baramushakisha aza kuboneka.

Nyuma rero nibwo Polisi yamujyanye aho byakekwaga ko yakoreye kiriya cyaha ngo ayereke aho ari ho neza neza.

SP Twizeyimana ati: “Uyu munsi[…] mu gitondo nibwo yagiye kwereka Polisi ahantu abika ibyo yibye bitandukanye, kumbi wari umugambi wo kugira ngo atoroke, arirukanka, yirutse baramurasa.”

Yabwiye Taarifa Rwanda ko uwarashwe yari asanzwe atuye muri Kirehe, gusa ubujura yari akurikiranywaho yabukoreraga muri Kayonza, Kirehe na Nyagatare.

Uwo yishe yitwaga Nsengiyumva Emmanuel akaba yari afite imyaka 23 y’amavuko.

Yafunzwe kenshi ariko inshuro eshatu nizo yagejejwe muri gereza, ubwo aherukamo hari muri Kamena, 2025.

Nta kindi yibaga kitari moto, akajya kuzigurisha ndetse Polisi yabwiye Taarifa Rwanda ko yamufatiye i Nyagatare agiye kuyigurisha n’abakiliya yari yahabonye, abo bakaba ari bo bamutanze arafatwa.

Polisi ishimira abaturage, n’abamotari batanga amakuru ku gihe, ikavuga ko kwiba ari icyaha gihanwa n’amategeko, bityo ko abatekereza ko batungwa n’ubujura babireka, bagashaka ibindi bakora kuko bihari.

Abaturage barashishikarizwa gutangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe kare.

TAGGED:featuredKurasaMotoPolisiUmujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Gitunganya Intanga Zo Gutera Ihene
Next Article Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?