Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abayobozi mu nzego za Politiki n’abo mu rwego rw’amadini ko n’ubwo ku isi hari ababona ko baruta bagenzi babo ku isi, iyo hagize ushaka kugira icyo amutegeka gukora, undi amusubiza ko ibyo ntawe ujya ubimutegeka.

Yari yitabiriye umiuhango wo gusengera igihugu ku nshuro ya 27.

Kagame mu ijambo rye yavuze ko burya abantu ari abanyantege nke muri rusange cyane cyane ko batuye no ku mubumbe muto cyane ugereranyije n’ibindi biri mu isanzure.

Yavuze ko abahanga muri siyansi bazi neza ko isanzure ari ikintu kinini, isi ikaba akantu gato cyane.

Kagame avuga ko bidakwiye ko abantu batuye kuri uwo mubumbe muto bamwe bakwiyumva ko baruta abandi kandi bose basangiye ubuturo bwitwa ISI.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko kubera iyo mpamvu, nta muntu wagombye kujya ategeka undi uko yitwara.

Ati: “ Njye ntawe unsanga iwanjye ngo antegeke ibyo nkora.”

Yasabye abayobozi b’amadini kujya baba abantu b’ijambo, ibyo bigisha bikajyana n’ibyo bakora.

Kagame yavuze ko abaturage batagombye kujya bibaza niba ibyo runaka yabigishaga mu by’ukuri bihuye n’ibyo akora.

Buri wese kandi ngo afite uruhare agomba kugira mu gutuma u Rwanda rugera aho rushaka kugera.

Yashimiye abategura ririya sengesho kandi bakaritumiramo abakora Politiki.

 Bimwe mu byo abitabiriye ririya sengesho bashimira Imana ko yagejeje ku Rwanda mu mwaka wa 2022 barimo umubano mwiza u Rwanda rufitanye n’amahanga utuma rukomeza gusurwa.

Ikindi bashima  Imana ni uko yabanye nabo mu gikorwa cyo gutegura Inama ya CHOGM kandi ikagenda neza.

COVID-19  nayo yararwanyijwe kandi ngo biragaraga ko yatsinzwe, bityo ubukungu bwongera kuzahuka.

Ndahiro Moses uyobora Rwanda Leaders Fellowship itegura aya masengesho yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yitabiriye uriya muhango.

Gusengera igihugu ni igikorwa ngarukamwaka kiba mu Cyumweru cya kabiri cya Mutarama, buri mwaka.

TAGGED:AmasengeshofeaturedIsiKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwatesheje Agaciro Ibyaregwaga Abaganga B’Ibitaro BAHO International
Next Article Ivuguruye: Abapfiriye Mu Ndege Yo Muri Nepal Bamaze Kuba 67
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?