Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abayobozi mu nzego za Politiki n’abo mu rwego rw’amadini ko n’ubwo ku isi hari ababona ko baruta bagenzi babo ku isi, iyo hagize ushaka kugira icyo amutegeka gukora, undi amusubiza ko ibyo ntawe ujya ubimutegeka.

Yari yitabiriye umiuhango wo gusengera igihugu ku nshuro ya 27.

Kagame mu ijambo rye yavuze ko burya abantu ari abanyantege nke muri rusange cyane cyane ko batuye no ku mubumbe muto cyane ugereranyije n’ibindi biri mu isanzure.

Yavuze ko abahanga muri siyansi bazi neza ko isanzure ari ikintu kinini, isi ikaba akantu gato cyane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame avuga ko bidakwiye ko abantu batuye kuri uwo mubumbe muto bamwe bakwiyumva ko baruta abandi kandi bose basangiye ubuturo bwitwa ISI.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko kubera iyo mpamvu, nta muntu wagombye kujya ategeka undi uko yitwara.

Ati: “ Njye ntawe unsanga iwanjye ngo antegeke ibyo nkora.”

Yasabye abayobozi b’amadini kujya baba abantu b’ijambo, ibyo bigisha bikajyana n’ibyo bakora.

Kagame yavuze ko abaturage batagombye kujya bibaza niba ibyo runaka yabigishaga mu by’ukuri bihuye n’ibyo akora.

- Advertisement -

Buri wese kandi ngo afite uruhare agomba kugira mu gutuma u Rwanda rugera aho rushaka kugera.

Yashimiye abategura ririya sengesho kandi bakaritumiramo abakora Politiki.

 Bimwe mu byo abitabiriye ririya sengesho bashimira Imana ko yagejeje ku Rwanda mu mwaka wa 2022 barimo umubano mwiza u Rwanda rufitanye n’amahanga utuma rukomeza gusurwa.

Ikindi bashima  Imana ni uko yabanye nabo mu gikorwa cyo gutegura Inama ya CHOGM kandi ikagenda neza.

COVID-19  nayo yararwanyijwe kandi ngo biragaraga ko yatsinzwe, bityo ubukungu bwongera kuzahuka.

Ndahiro Moses uyobora Rwanda Leaders Fellowship itegura aya masengesho yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yitabiriye uriya muhango.

Gusengera igihugu ni igikorwa ngarukamwaka kiba mu Cyumweru cya kabiri cya Mutarama, buri mwaka.

TAGGED:AmasengeshofeaturedIsiKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwatesheje Agaciro Ibyaregwaga Abaganga B’Ibitaro BAHO International
Next Article Ivuguruye: Abapfiriye Mu Ndege Yo Muri Nepal Bamaze Kuba 67
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?