Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntawe Unsanga Iwanjye Ngo Antegeke Ibyo Nkora-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2023 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye abayobozi mu nzego za Politiki n’abo mu rwego rw’amadini ko n’ubwo ku isi hari ababona ko baruta bagenzi babo ku isi, iyo hagize ushaka kugira icyo amutegeka gukora, undi amusubiza ko ibyo ntawe ujya ubimutegeka.

Yari yitabiriye umiuhango wo gusengera igihugu ku nshuro ya 27.

Kagame mu ijambo rye yavuze ko burya abantu ari abanyantege nke muri rusange cyane cyane ko batuye no ku mubumbe muto cyane ugereranyije n’ibindi biri mu isanzure.

Yavuze ko abahanga muri siyansi bazi neza ko isanzure ari ikintu kinini, isi ikaba akantu gato cyane.

Kagame avuga ko bidakwiye ko abantu batuye kuri uwo mubumbe muto bamwe bakwiyumva ko baruta abandi kandi bose basangiye ubuturo bwitwa ISI.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko kubera iyo mpamvu, nta muntu wagombye kujya ategeka undi uko yitwara.

Ati: “ Njye ntawe unsanga iwanjye ngo antegeke ibyo nkora.”

Yasabye abayobozi b’amadini kujya baba abantu b’ijambo, ibyo bigisha bikajyana n’ibyo bakora.

Kagame yavuze ko abaturage batagombye kujya bibaza niba ibyo runaka yabigishaga mu by’ukuri bihuye n’ibyo akora.

Buri wese kandi ngo afite uruhare agomba kugira mu gutuma u Rwanda rugera aho rushaka kugera.

Yashimiye abategura ririya sengesho kandi bakaritumiramo abakora Politiki.

 Bimwe mu byo abitabiriye ririya sengesho bashimira Imana ko yagejeje ku Rwanda mu mwaka wa 2022 barimo umubano mwiza u Rwanda rufitanye n’amahanga utuma rukomeza gusurwa.

Ikindi bashima  Imana ni uko yabanye nabo mu gikorwa cyo gutegura Inama ya CHOGM kandi ikagenda neza.

COVID-19  nayo yararwanyijwe kandi ngo biragaraga ko yatsinzwe, bityo ubukungu bwongera kuzahuka.

Ndahiro Moses uyobora Rwanda Leaders Fellowship itegura aya masengesho yashimiye Perezida Paul Kagame kuba yitabiriye uriya muhango.

Gusengera igihugu ni igikorwa ngarukamwaka kiba mu Cyumweru cya kabiri cya Mutarama, buri mwaka.

TAGGED:AmasengeshofeaturedIsiKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Rwatesheje Agaciro Ibyaregwaga Abaganga B’Ibitaro BAHO International
Next Article Ivuguruye: Abapfiriye Mu Ndege Yo Muri Nepal Bamaze Kuba 67
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?