Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2025 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yapfuye amaze igihe gito abaye umupolisi. Ifoto: UMUSEKE.RW
SHARE

Umupolisi wari uherutse kwinjira muri uyu mwuga yishwe n’umumotari wamugongeye mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza. Yamugonze kuri Noheli mu ijoro ahagana saa saba.

Byabereye mu muhanda w’igitaka uri ahitwa Buhabwa nk’uko umwe muri benewabo w’uwo mupolisi yabibwiye itangazamakuru.

Police Constable( PC) John Habugusenga yagonzwe ari mu kazi ubwo umumotari yamugongaga amuturutse inyuma undi yitura hasi biza kumuviramo urupfu.

Abaturage bahise batabara bamujyana kwa muganga hafi aho ariko biza gukomera bamuzana mu bitaro bya  Fayçal agihumeka, ariko arembye apfa kuri uyu wa Gatanu.

Umwe mu baturage babibonye yagize ati: “Abatabaye bahise bamujyana kwa muganga, basanga yaviriye imbere kuko urubavu n’umusaya byari byangiritse.”

Taarifa Rwanda yagerageje kuvugana n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba Superintendent of Police Hamdun Twizeyimana ngo agire byinshi abidutangarizaho ariko ubwo  iyi nkuru yatambukaga yari ataratuvugisha.

Icyamenyekana nyuma twakigeza ku basomyi.

Icyakora, kuri uyu wa Gatanu Tariki 26, Ukuboza, 2025 yari yatangarije bagenzi bacu ba UMUSEKE ko ayo makuru atari yayamenye.

Ati: “Ntabwo ndayamenya mu kanya ndababwira.”

PC Habagusenga John yari afite imyaka 21 y’amavuko akaba ari mu bapolisi 1,900 baherutse kwinjizwa muri Polisi y’igihugu mu gikorwa cyabereye mu ishuri rya Polisi iri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Iwabo hari mu Mudugudu wa Kibirizi, Akagari ka Rwotso, Umurenge wa Kibirizi, Akarere ka Nyanza.

Abaye umupolisi wa kabiri wishwe agonzwe kuko mu minsi mike hari undi wagongewe mu Mujyi wa Kigali arapfa.

Yagonzwe n’icyamamare mu kuvanga umuziki, uwo akaba DJ Toxxyk waje gufatwa nyuma y’aho ubwo yari ageze mu Karere ka Karongi ahunga.

TAGGED:featuredImpanukaKayonzaUmumotariUmupolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo
Next Article Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

You Might Also Like

Imikino

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?