Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko RPF-Inkotanyi Yakoze Ubukangurambaga Bwo Kubohora u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko RPF-Inkotanyi Yakoze Ubukangurambaga Bwo Kubohora u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2023 7:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe cyo kubohora u Rwanda, Umuryango FPR-Inkotanyi wagombaga kumvisha abantu impamvu z’urwo rugamba ariko bikagira urwego bikorwamo.

Ni muri uru rwego hashyizweho inzego zakoraga uhereye ku Mudugudu, Ishami ndetse n’Akarere.

Ni ibyo bitaga kuri  cellule, blanche na region.

Buri rwego muri izi rwayoborwaga na Komite Nyobozi.

Rwagiraga kandi n’icyo bitaga Komite nkozi(executive committee) yabaga ishinzwe gushyira mu bikorwa ibyategetswe na komite nyobozi.

Mu rwego rwo kugira ngo ibintu bigende neza kandi habeho gukora ibintu nk’uko byemeranyijwe, hashyizweho na Komite ngenzuzi yagombaga kureba uko buri rwego rwubahiriza ibyo rushinzwe hakabaho kujya inama, gufashanya ariko no guhana aho bibaye ngombwa.

Kuri Twitter, Tito Rutaremara umwe mu bashinze FPR-Inkotanyi yigeze gusobanura uko iyo Komite yakoraga:

Yagize ati: “[…] Iyi komite ngenzuzi niyo yari ikomeye. Abayigize batorwaga mbere y’izindi nzego. Yarishinzwe kugenzura imikorere y’abanyamuryango n’imikorere y’abayobozi. Yarishinzwe no gukemura impaka zabaga hagati y’abanyamuryango…”

Birumvikana ko yari inashinzwe kugenzura ikinyabupfura mu mikorere n’imyitwarire by’abanyamuryango hakiyongeraho n’umutekano wabo.

Bimwe mu bintu bikomeye FPR-Inkotanyi yaharaniye n’ubu igiharanira ni ‘ukwigira’.

Iyi nshinga ni ngari kuko ikubiyemo no kwirangiriza ibibazo biturutse mu bisubizo wishatsemo.

Mu uguharanira ko ibintu bikorwa nk’uko byateganyijwe, ubuyobozi bwa za nzego zavuzwe haruguru bwakoraga k’uburyo ibintu byose bikoranwa ubuhanga.

Gukora gihanga bikubiyemo kugira igenamigambi, gukora ibyihutirwa kandi by’ingenzi kurusha ibindi, no gushaka ibisubizo birambye.

Kubera ko nta mugabo umwe, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakoraga k’uburyo bose buzuzanya,  buri wese akumva ko imikorere ya mugenzi we imureba kandi agaharanira iterambere rye n’iry’umuryango FPR-Inkotanyi.

Mu mikorere yabo kandi baharaniraga guhora bibutsanya intekerezo za FPR-Inkotanyi.

Buri wese ku rwego ari ho yagombaga kumenya kandi agakurikiza amabwiriza yayo, akagira imikorere n’imyitwarire ya kirwanashyaka.

Mu gihe kidahindagurika, habagaho gahunda yo gutyaza ibitekerezo bya buri munyamuryango ku mikorere ya FPR-Inkotanyi kandi akerekwa ibikorwa Umuryango umaze  kugeraho mu kubohora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Buri wese yagombaga kumva ko intekerezo na politike by’Umuryango ari ibye, akumva ko kubohora u Rwanda n’Abanyarwanda ari inshingano ya buri wese.

Ubu bukangurambaga nibwo bwatumye abanyamuryango ba RPF baharanira kubohora igihugu cyabo bishakamo abasirikare, ibyangombwa byo gufasha urugamba, imiti, amafaranga yo kugura ibikoresho, imyambaro, kumenya kubana n’amahanga, n’ibindi byinshi byafashije muri urwo rugamba.

TAGGED:featuredInkotanyiRutaremaraRwandaUmuryangoUrugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kale Kayihura Yashyizwe Mu Kiruhuko Cy’Izabukuru
Next Article MINISANTE Iraburira Abanywi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?