Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umudipolomate Ukomeye Wo Muri Uganda Yirukanywe Muri Somalia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umudipolomate Ukomeye Wo Muri Uganda Yirukanywe Muri Somalia

admin
Last updated: 05 November 2021 2:59 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Somalia yirukanye ku butaka bwayo Intumwa Idasanzwe yungirije ya Komisiyo y’Ubumwe bwa Afurika, Simon Mulongo, ishinjwa kwivanga mu bikorwa bidafitanye isano n’ubutumwa bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu, AMISOM.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Somalia kuri uyu wa 4 Ugushyingo yandikiye Komisiyo y’Ubumwe bwa Afurika, iyimenyesha ko Mulongo atemerewe kuba ku butaka bwa Somalia.

Yakomeje iti “Ategetswe kuva muri Somalia mu minsi irindwi kubera kugira uruhare mu bikorwa bidahura n’inshingano za AMISOM na gahunda y’umutekano ya Somalia.”

Bivuze ko Mulongo ukomoka muriUganda agomba kuva muri Somalia bitarenze tariki 11 Ugushyingo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Somalia, Mohamed Abdirizak, yaje kwandika kuri Twitter ko Guverinoma ya Somalia izakomeza guharanira ukubazwa inshingano kw’abayobozi bakuru ba AMISOM.

Yavuze ko “bakwiye kuba barangwa n’ubunyangamugayo igihe bakora inshingano zabo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye cyangwa Ubumwe bwa Afurika.”

The FGS will hold accountable AMISOM personel, particularly those at the leadership level, who are expected to be beyond reproach in their integrity as they discharge their duty under the UN/AU mandate.

— Mohamed Abdirizak (@MAbdirizak) November 4, 2021

Mulongo yahawe ziriya nshingano ku wa 19 Kanama 2017.

Yirukanywe nyuma y’uko AMISOM iheruka gutegeka ko bamwe mu basirikare ba Uganda baburanishirizwa muri Somalia, bazira uruhare mu kwica abasivili barindwi baguye mu mirwano mu gace ka Golweyn, ku wa 10 Kanama 2021.

- Advertisement -

Icyemezo cyafashwe mu kwezi gushize nyuma y’iperereza ku byabaye, kigaragaza ko hashingiwe ku masezerano yasinyanye na AU, Uganda yanasabwe kwegera imiryango ya ba nyakwigendera ikabagenera impozamarira.

Byaje kwemezwa ko ibyabaye bitandukanye n’inshingano za AMISOM, bityo ababigizemo uruhare bagomba kubiryozwa kandi Uganda igashyiraho inteko y’abacamanza igomba kubaburanishiriza muri Somalia.

TAGGED:AmisomfeaturedSimon MulongoSomaliaUbumwe bwa AfurikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni 300 Frw Zigiye Guhabwa Ingo 1700 Zitunzwe n’Abagore
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bugereki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?