Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umudipolomate Ukomeye Wo Muri Uganda Yirukanywe Muri Somalia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umudipolomate Ukomeye Wo Muri Uganda Yirukanywe Muri Somalia

Last updated: 05 November 2021 2:59 pm
Share
SHARE

Guverinoma ya Somalia yirukanye ku butaka bwayo Intumwa Idasanzwe yungirije ya Komisiyo y’Ubumwe bwa Afurika, Simon Mulongo, ishinjwa kwivanga mu bikorwa bidafitanye isano n’ubutumwa bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu, AMISOM.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Somalia kuri uyu wa 4 Ugushyingo yandikiye Komisiyo y’Ubumwe bwa Afurika, iyimenyesha ko Mulongo atemerewe kuba ku butaka bwa Somalia.

Yakomeje iti “Ategetswe kuva muri Somalia mu minsi irindwi kubera kugira uruhare mu bikorwa bidahura n’inshingano za AMISOM na gahunda y’umutekano ya Somalia.”

Bivuze ko Mulongo ukomoka muriUganda agomba kuva muri Somalia bitarenze tariki 11 Ugushyingo.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Somalia, Mohamed Abdirizak, yaje kwandika kuri Twitter ko Guverinoma ya Somalia izakomeza guharanira ukubazwa inshingano kw’abayobozi bakuru ba AMISOM.

Yavuze ko “bakwiye kuba barangwa n’ubunyangamugayo igihe bakora inshingano zabo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye cyangwa Ubumwe bwa Afurika.”

The FGS will hold accountable AMISOM personel, particularly those at the leadership level, who are expected to be beyond reproach in their integrity as they discharge their duty under the UN/AU mandate.

— Mohamed Abdirizak (@MAbdirizak) November 4, 2021

Mulongo yahawe ziriya nshingano ku wa 19 Kanama 2017.

Yirukanywe nyuma y’uko AMISOM iheruka gutegeka ko bamwe mu basirikare ba Uganda baburanishirizwa muri Somalia, bazira uruhare mu kwica abasivili barindwi baguye mu mirwano mu gace ka Golweyn, ku wa 10 Kanama 2021.

Icyemezo cyafashwe mu kwezi gushize nyuma y’iperereza ku byabaye, kigaragaza ko hashingiwe ku masezerano yasinyanye na AU, Uganda yanasabwe kwegera imiryango ya ba nyakwigendera ikabagenera impozamarira.

Byaje kwemezwa ko ibyabaye bitandukanye n’inshingano za AMISOM, bityo ababigizemo uruhare bagomba kubiryozwa kandi Uganda igashyiraho inteko y’abacamanza igomba kubaburanishiriza muri Somalia.

TAGGED:AmisomfeaturedSimon MulongoSomaliaUbumwe bwa AfurikaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni 300 Frw Zigiye Guhabwa Ingo 1700 Zitunzwe n’Abagore
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bugereki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?