Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda, Umuryango Usabwa Amafaranga Ngo Uhabwe Umurambo

Last updated: 31 August 2021 9:38 pm
Share
SHARE

Mu gihe iyo umuntu yitabye Imana abasigaye bifatanya n’umuryango wa nyakwigendera, si ko byagenze kuri Bahati Ntwari uheruka kwicirwa muri Uganda kuko umwe mu bapolisi b’icyo gihugu yabonye urwaho rwo kuwusonga.

Taarifa yamenye ko mu gihe umuryango w’uwo musore w’imyaka 26 wari mu gahinda, kuri uyu wa 31 Kanama umwe mu bapolisi ba Uganda yabasabye miliyoni 1.2 z’ama-shilling ya Uganda ngo babashe guhabwa umurambo.

Uwo musore yishwe urw’agashinyaguro ku wa Gatandatu nijoro, anizwe, nyuma umurambo we barawutwika. Yavukaga mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umuryango we waje gushyirwaho igitutu gikomeye, uhatirwa guhitamo hagati y’ibintu bibiri: kutazongera kubona umurambo, cyangwa kwishyura amafaranga basabwe, bagahita bawutwara  kandi ntibazagire ikindi kintu babaza cyerekeranye na nyakwigendera.

Kubera ko amaraso y’umuryango ari igihango gikomeye, umuryango wahisemo icya kabiri.

Raporo yakozwe na Polisi ya Uganda Taarifa yabashije kubona, ivuga ko Ntwari yapfuye bitewe n’uko umwuka wa oxygen utari ukigera mu mubiri uko bikwiye bitewe n’ibibazo byahereye mu bihaha (hypoxia due to lobar pneumonia.).

Nta rindi perereza ryakozwe ndese nta n’indi raporo izatangwa.

Umwe mu bagize uwo muryango yabwiye Taarifa ati “Banafatiriye indangamuntu ye, ubu turimo gutwara umuntu udafite ibimuranga.”

Umuryango wa Bahati uvuga ko yari asanzwe akorera muri Uganda nk’umukanishi mu gihe cy’imyaka ine. Yari afite igaraje mu mujyi wa Kampala.

Hari amakuru ko Polisi ku Cyumweru yaje guta muri yombi abantu babiri, ariko ntabwo umuryango w’uwishwe wigeze umenyeshwa iby’iryo fatwa.

Ni inkuru yiyongereye ku zindi z’ubwicanyi bukorerwa abanyarwanda muri Uganda.

Ku wa 30 Kanama 2021 ahagana saa yine n’igice z’igitondo, nibwo hishwe Theoneste Dusabimana, wari umucuruzi mu Karere ka Kabale.

Bivugwa ko abamwishe babanje kumwiba amafaranga menshi, bamutera ibyuma umubiri wose.

Umucuruzi w’Umunyarwanda Yiciwe Muri Uganda

TAGGED:Bahati NtwarifeaturedKampalaUbwicanyiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe
Next Article Dr. Bizimana Yagizwe Minisitiri w’Ubumwe Bw’Abanyarwanda, Busingye Agirwa Ambasaderi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?