Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2021 1:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021 nibwo Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 13 yavugaga ko yafashe bari mu mugambi wo guturikiriza ibiturika mu nyubako ndende z’i Kigali.

Urukiko rwisumbuye rwa Kicukiro rwanzuye ko 11 muri aba  bantu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo abandi 2 baba bafunguwe by’agateganyo.

Polisi n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha nibo beretse itangazamakuru bariya bantu mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021.

Icyo gihe  batangaje ko bariya bantu barimo n’Abanyarwanda bari mu mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Bamwe bafatiwe mu Mujyi wa Kigali abandi bafatirwa mu Turere twa Rusizi na Nyabihu.

Bafatanywe intsinga, imisumari, telefone, ibintu biturika na video bigishirizwagaho iby’ubuhezanguni.

Bakurikiranyweho ibyaha birindwi:

Gucura umugambi wo gukora icyaha, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, kugambana no gushishikariza abandi gukora ibikorwa by’iterabwoba, gukoresha binyuranyije n’amategeko ikintu giturika cyagwa ikindi kintu gihumanya ahantu hakoreshwa n’abantu, gusenya inyubako cyangwa uburyo bwo gutwara abantu hagamijwe iterabwoba no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.

Ngo bigishwaga guturitsa ibisasu n’umuntu ufite inkomoko yo muri Kenya ariko waturutse muri Mozambique, mu mutwe w’iterabwoba urimo kurwanywa n’Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda.

Byari biteganyjijwe ko batangira gusomerwa ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo saa cyenda kuri uyu wa Mbere tariki 20, Ukuboza, 2021 ariko umunyamakuru wa Taarifa yasanze kubasomera bitaratangira.

Ubwo berekwaga abanyamakuru mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021

Icyumba cyari cyuzuye abantu baje gukurikirana isomwa rya ruriya rubanza.

Twahasanze umutekano wakajijwe, hari imbwa zisaka niba nta biturika kandi abinjira bose bagombaga kuba barikingije kabiri kandi bafite n’igipimo cya COVID-19 cyerekana ko batanduye.

TAGGED:ADFCityfeaturedIbiturikaIterabwobaKigaliPolisiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Avuga Ko Gukubita Umugore Ari Igikorwa Cya Satani
Next Article U Rwanda Mu Myiteguro Yo Gukingira COVID-19 Abafite Hagati y’Imyaka 5-11
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?