Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2021 1:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021 nibwo Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 13 yavugaga ko yafashe bari mu mugambi wo guturikiriza ibiturika mu nyubako ndende z’i Kigali.

Urukiko rwisumbuye rwa Kicukiro rwanzuye ko 11 muri aba  bantu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo abandi 2 baba bafunguwe by’agateganyo.

Polisi n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha nibo beretse itangazamakuru bariya bantu mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021.

Icyo gihe  batangaje ko bariya bantu barimo n’Abanyarwanda bari mu mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bamwe bafatiwe mu Mujyi wa Kigali abandi bafatirwa mu Turere twa Rusizi na Nyabihu.

Bafatanywe intsinga, imisumari, telefone, ibintu biturika na video bigishirizwagaho iby’ubuhezanguni.

Bakurikiranyweho ibyaha birindwi:

Gucura umugambi wo gukora icyaha, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, kugambana no gushishikariza abandi gukora ibikorwa by’iterabwoba, gukoresha binyuranyije n’amategeko ikintu giturika cyagwa ikindi kintu gihumanya ahantu hakoreshwa n’abantu, gusenya inyubako cyangwa uburyo bwo gutwara abantu hagamijwe iterabwoba no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.

Ngo bigishwaga guturitsa ibisasu n’umuntu ufite inkomoko yo muri Kenya ariko waturutse muri Mozambique, mu mutwe w’iterabwoba urimo kurwanywa n’Ingabo z’u Rwanda na Polisi y’u Rwanda.

- Advertisement -

Byari biteganyjijwe ko batangira gusomerwa ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo saa cyenda kuri uyu wa Mbere tariki 20, Ukuboza, 2021 ariko umunyamakuru wa Taarifa yasanze kubasomera bitaratangira.

Ubwo berekwaga abanyamakuru mu ntangiriro z’Ukwakira, 2021

Icyumba cyari cyuzuye abantu baje gukurikirana isomwa rya ruriya rubanza.

Twahasanze umutekano wakajijwe, hari imbwa zisaka niba nta biturika kandi abinjira bose bagombaga kuba barikingije kabiri kandi bafite n’igipimo cya COVID-19 cyerekana ko batanduye.

TAGGED:ADFCityfeaturedIbiturikaIterabwobaKigaliPolisiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Avuga Ko Gukubita Umugore Ari Igikorwa Cya Satani
Next Article U Rwanda Mu Myiteguro Yo Gukingira COVID-19 Abafite Hagati y’Imyaka 5-11
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?