Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 50% By’Impunzi Za DRC Zihungira Mu Rwanda Ni Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

50% By’Impunzi Za DRC Zihungira Mu Rwanda Ni Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2023 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi mibare itangwa n’inzego zirebwa n’imibereho y’impunzi ari zo UNHCR na MINEMA ku rwego rw’u Rwanda.

Kugeza ubu ku munsi mu Rwanda hinjira impunzi zigera ku bantu 50 cyangwa bakarenga.

Barahunga umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kugeza ubu kandi hari abagera ku 3000 bamaze kugera mu Rwanda, bakaba baratangiye kuhahungira mu mpera za 2022.

Iyo bahageze bakirwa n’ubuyobozi bwa Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi k’ubufatanye n’inzego zitandukanye.

Imibare nyayo itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, igaragaza ko abasaba ubuhungiro ari abantu 3,348 bageze mu Rwanda kuva mu Ugushyingo 2022 kugeza tariki 24 Mutarama 2023.

Muri bo abagera ku1774 bamaze koherezwa mu Nkambi ya Mahama iri mu Burasirazuba mu Karere ka Kirehe, naho abandi 319  baracyacumbikiwe mu nkambi y’agateganyo ya Kijote iri mu Murenge wa Bigogwe muri Nyabihu.

Abandi 1255 bacumbikiwe mu Nkambi y’agateganyo ya Nkamira mu Karere ka Rubavu.

Imibare yerekana muri ba bakongomani 50 binjira mu Rwanda ku munsi, abenshi baba baturutse mu Ntara ya  Kivu y’Amajyaruguru mu duce twa Rutchuru na Masisi.

Muri bo abana bagize hafi kimwe cya kabiri cyabo bose bahungira mu Rwanda ku munsi.

Kugeza ubu hari abaganga batanu bashyizweho na Leta y’u Rwanda ifatanyije n’;abafatanyabikorwa bayo kugira ngo bite kuri bariya bana by’umwihariko.

Ikibazo gihari kugeza ubu ni uko muri bariya bana harimo bamwe bagaragaza indwara zatewe n’imirire  mibi cyangwa ibimenyetso bica amarenga ko bari hafi kurwara ziriya ndwara.

Muri izo ndwara harimo n’iseru.

TAGGED:AbanafeaturedImpunziInkambiKivu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yabeshye Ko Afite Permis Zo Ku Rwego Rwa A, B, C, D Na E Yakuye Muri DRC
Next Article U Rwanda Rwasubiye Inyuma Mu Kurwanya Ruswa- Raporo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?