Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi ba Sima mu Rwanda barangamiye isoko rya Kenya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abacuruzi ba Sima mu Rwanda barangamiye isoko rya Kenya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2020 5:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abacuruza Sima mu Rwanda bayobotse Kenya
SHARE

Muri Tanzania hari kuva amakuru avuga ko sima yahenze cyane.  Ibi biri guterwa n’uko inganda ziyitunganya ziri gusanwa bityo ibyuma biyikora bikaba byarahagaze. Ibi byatumye abacuruzi bo mu Rwanda bayicuruzaga bayikuye hanze bahitamo kuyikura muri Kenya.

Abacuruza Sima mu Rwanda bayobotse Kenya(Photo:KigaliToday)

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda muri Tanzania ivuga ko ibiciro bya sima byikubye kabiri kuko muri Nzeri umufuka w’ibiro 50 waguraga Tsh15,000 (ni ukuvuga $6) mu Ugushyingo 2020 ugura  Tsh22,000 (ni ukuvuga $9) mu bice byinshi bya kiriya gihugu.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda muri iriya Minisiteri witwa Dr Riziki Shemdoe yagize ati: “ Inganda zimwe zitunganya sima mu gihugu cyacu zarahagaze mu gihe gito. Ibi byatumye abafite ziriya nganda bakoresha uriya mwanya batunganya inganda zabo ariko ni iby’igihe gito.”

Avuga ko ibi byatumye umusaruro ugabanuka, ugera kuri toni 150,000 mu Ukwakira uvuye kuri toni 450,000 zavuye mu nganda mu mezi abiri yabanje.

Ubusanzwe Tanzania ifite inganda enye z’ingenzi zikora sima: Izo  ni uruganda Twiga ruba   Dar es Salaam, Tanga Cement ruba  Tanga, Mbeya Cement ruba Mbeya na Dangote Cement rwubatswe i Mtwara mu Majyepfo ya kiriya gihugu.

Muri izi nganda zose urwitwa Twiga nirwo runini kuko rukora toni 700 000 ku mwaka.

Ubu nirwo ruri gukora ariko narwo ubushobozi bwarwo buri kuba buke kubera ko abacuruzi benshi bari kujya kuyishakirayo .

Kubera iyi mpamvu, abacuruzi bo mu Rwanda bo bari gushaka uko batumiza sima muri Kenya, abenshi bakaba bashaka sima yitwa Bamburi ciment.

Kuva u Rwanda na Uganda byagirana ibibazo, byatumye ibyavaga yo biza mu Rwanda bihagarara bituma u Rwanda rutangira gukorana bya hafi  mu bucuruzi na Tanzania.

Ubu rero ikibazo cya sima nke muri Tanzania cyatumye abayitumizaga muri Tanzania barangamira isoko rya Kenya

Taarifa Rwanda

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COVID-19 yazahaje abagore kurushaho-Perezida Kagame abwira abayobora G20
Next Article Gasabo: Abatuye Kinyinya biguriye imbangukiragutabara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Trump Ntarashirwa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Burera: Abagabo 12 Barakekwaho Gushimuta Inka Mu Minsi Mikuru  

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yashimiye Doumbouya Watorewe Kuyobora Guinée

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?