Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi B’Abanyarwanda Bakomeje Gutaka Kubura Amadolari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abacuruzi B’Abanyarwanda Bakomeje Gutaka Kubura Amadolari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2024 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abacuruzi babwiye itangazamakuru ko kubona amadolari bigoye. Iyo urikeneye byihuta cyane ugiye kuriguha ashobora kuguca andi madolari kugira ngo abone inyungu kandi ntuzuyaza kuyamuha kuko uba ubona akazi kawe kagiye gupfa.

Kuri bo iki ni ikibazo kubera ko uba urengejeho kandi ku giciro cyagenwe na Banki nkuru y’u Rwanda.

Hari uwabwiye RBA ko ingaruka ari nyinshi kubera ko arangura ahendwa agacuruza ahomba kubera ko akomeza gucuruza ku giciro gisanzwe kandi we yararanguye ku idolari rya Amerika rimuhenze.

Asaba abantu bafite amadolari kuyarekura, akaboneka kubera ko byafasha ubukungu gukora, abantu bakabona ayo bakoresha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Clément Nyirinkwaya nawe asaba ko byaba byiza amadolari agiye abonekera mu bigo by’imari bakorana nabyo.

Avuga ko ikibazo gihari ari uko ku munsi nta mucuruzi wemerewe kubikuza miliyoni zirenze eshanu z’amafaranga y;u Rwanda.

Ibi rero bikomerera umucuruzi ubikuza buri munsi amafaranga menshi ni ukuvuga ari hagati ya $30,000 na $50,000 kuko batayatanga ako kanya, imbumbe.

Ngo bisaba kuyegeranya ukazaza kuyatorera rimwe.

Nyirinkwaya avuga ko bigoye kubera ko no mu byumba bicuruza amadolari (Forex Bureau, Maison d’echange) n’aho bagenda baguha make make bigakerereza umucuruzi.

- Advertisement -

Atanga umuti w’uko byazajya bikorerwa muri Banki abacuruzi bafitemo comptes kubera ko uyashatse yajya ayaka bagahita bayohereza kuri compte ye( transfer) bidasabye ko bayakusanya bakayamuha mu ntoki.

Icyo BNR yizeza abacuruzi ku ibura ry’amadolari…

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa avuga ko bakubye kabiri ikigero cy’amadolari bashyiraga ku isoko.

Avuga ko ibyo bakoze ari ukunganira abacuruza amadolari kubera ko ayo abaturage bakeneraga yari menshi ugereranyije n’ahari.

Ubusanzwe BNR yagurishaga za Banki miliyoni $5 buri cyumweru ariko ubu ngo isigaye igurisha miliyoni $10 buri cyumweru.

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa

Rwangombwa avuga ko ibi byatumye n’umuvuduko wo gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda nawo ugabanuka kandi ngo iryo gabanuka baribona mu mibare.

Avuga ko  mu mwaka wa 2024 abacuruzi bashaka amadolari menshi bazayabona, ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze mu mwaka wa 2023.

Ikindi kintu John Rwangombwa avuga ko cyatumye agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda gatakara ni uko ibyo rutumiza hanze byakomeje kwiyongera ugereranyije n’ibyo rwohereza yo.

Ati: “Mu gice kimwe kijyendanye n’ubuhahirane n’amahanga, iyo urebye ibyo twohereje mu mahanga mu mwaka wose wa 2023 usanga byarazamutseho 1.7% gusa kandi ibyo dutumiza byarazamutseho 6.8%. Ibyo byatumye icyuho kiri hagati y’ibyo twohereza mu mahanga n’ibyo dutumiza yo kizamukaho 10% bityo rero bigira ingaruka ku isoko ry’ivunjisha hano mu gihugu.”

Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko icyo cyuho cyazamutse iyo ugihuje no kuba idolari ($) ryarakomeje gutumbagira ku mafaranga mpuzamahanga yose, byatumye ifaranga ry’u Rwanda( Frw) rita agaciro kuri 18.05% mu mwaka wa 2023.

Icyakora ngo ibi biragenda bigabanuka ukurikije uko imibare ibyerekana kugeza ubu.

 

TAGGED:AbacuruziAmadolariBNRfeaturedIsokoRwangombwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Aboneye Yaranze Isozwa Rya Kigali Triennial 2024
Next Article Burera: Amazi Yanduye Ava Mu Kigo Cy’Amashuri Arashyira Ubuzima Bw’Abagituriye Mu Kaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?