Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi B’I Muhanga Baravugwaho Umwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abacuruzi B’I Muhanga Baravugwaho Umwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2022 10:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abitabiriye Inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, abikorera ku giti cyabo n’abarebwa n’imibereho myiza y’abaturage, banenze ko hari benshi mu bacururiza mu Mujyi wa Muhanga bagira umwanda.

Ni umwanda bavuga ko uva mu gikari ukagera ku irembo.

Hejuru y’umwanda kandi harimo no kutakira ababagana mu rukundo n’urugwiro bikwiye umukiliya.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline avuga ko kuba batanga  serivisi mbi  n’umwanda uboneka mu nyubako z’abatuye uriya Mujyi mu gikari n’imbere y’amaduka yabo biteye ikimwaro.

Yavuze ko abikorera ari abantu basanzwe bajya inama, ko batagomba gukosora amakosa abavugwaho ari uko babanje guhanwa cyangwa kunengerwa mu ruhame.

Iby’isuku y’i Muhanga birakomeye k’uburyo bigoye kubona amaduka menshi akurikiranye buri duka rifite ubwiherero bwaryo.

Ngo abacuruzi bajya gutira bagenzi babo kandi ngo hari n’ubwiherero bwinshi buba bufunze.

Ikindi ni uko ahenshi mu hari ubwiherero usanga bufunze, ubufunguye nabwo ugashaka amazi ukayabura.

Umwe muri abo wanze ko amazina ye atangarizwa bagenzi bacu bakorera UMUSEKE  yagize ati: “Mu nyubako y’isoko rishya  dutanga Frw 300,000 ku kwezi gusa biratangaje kuba nta bwiherero baduha kubera ko tujya hanze bakaduca ibindi biceri.”

Perezida w’Ihuriro ry’abikorera mu Karere ka Muhanga Kimonyo Juvénal yemeranya n’ibivugwa ku bikorera bo muri Muhanga.

Icyakora avuga ko ari urugamba bagiye kujyamo rwo guhangana n’abavugwaho imitangire mibi ya serivisi n’umwanda.

Ati “Uwikorera wese abashije gutunganya aho akorera nta kibazo cyabaho,  kandi abatazabyuhiriza amategeko azakurikizwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline

Mu Karere ka Muhanga hari itsinda rishinzwe kugenzura isuku ryashyizweho  rihuriweho n’inzego zitandukanye harimo n’iz’umutekano.

Buri duka rizajya rigenzurwa hanyuma ritangweho raporo.

Icyakora Muhanga ifite ikibazo cy’amazi…

Mu gihe ubuyobozi bwinubira ko abacuruzi b’i Muhanga bafite umwanda, ku rundi ruhande, nabo bavuga ko aho bakuraga amazi yo gukoresha yagabanutse.

Aho ni mu cyuzi  cyahaga amazi abatuye umujyi wa Muhanga kiri mu gishanga cya Rugeramigozi.

Abatuye Umujyi wa Muhanga  bavuga ko hashize amezi atatu izuba ryinshi riva, nta mvura ifatika igwa bikaba byarakamije amazi yo muri kiriya cyuzi kandi ariyo imashini za WASAC ahanini zakururaga zikazanira amazi abatuye uriya mujyi.

Iki gishanga gihuza Umurenge wa Nyamabuye n’uwa Shyogwe yo mu Karere ka Muhanga.

Kiriya gishanga basanze amazi yaragabanutse kugeza kuri metero 10 ijya hasi.

Ibi byatumye n’abaroba batirirwa batera indobani mu mazi ahubwo  ngo amafi bayafatira imusozi.

Sematabaro Joseph uyobora WASAC muri kariya karere yavuze ko impamvu zo kugabanuka kw’ariya mazi ari imindagurikire y’ikirere.

Ati: “Iki cyuzi cyaduhaga metero kibe zigera ku bihumbi 4, ubu uruganda rwa Gihuma rubasha kwakira m3 2500.”

Ibi bituma ayo mazi make ari yo basaranganya abatuye Umujyi wa Muhanga udasiba kwaguka.

Avuga ko mu rwego rwo kuyasaranganya byabaye ngombwa ko bashyiraho gahunda y’uko abaturage bavoma amazi ahagije, ashobora kubafasha mu minsi itatu.

Sematabaro avuga ko ikindi gituma abatuye Umujyi wa Muhanga batabona amazi ari uko n’ahari abahinga umuceri bayuhiza

Abatuye Umujyi wa Muhanga bari mu ihurizo ryo kugira isuku ariko bakaba nta mazi ahagije bafite.

 

TAGGED:AmazifeaturedIsukuMuhangaUmwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Ya Mbere Ya RwandAir Itwara Imizigo Gusa Yageze I Kigali
Next Article Urwego Rw’Umuvunyi Na Transparency Ku Bibazo Idatangaho Inyandiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?