Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abafana Bati: ‘Ibya Rayon Sports Birayoberanye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abafana Bati: ‘Ibya Rayon Sports Birayoberanye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 December 2022 8:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafana ba Rayon Sports bamwe bahimbye Gikundiro ntibishimye. Bavuga ko iby’ikipe yabo, bamwe bakunze bakiri bato ubu bakaba barabyaye, bimaze kuyoberana.

Kugeza ubu bisa nk’aho nta kipe yo ikomeye mu yandi ari mu kiciro cya mbere cya Shampiyona y’u Rwanda itarayitsinda.

Musanze FC yarayitsinde, Kiyovu irayitsinda, Mukura biba uko ndetse na mukeba wayo w’ibihe byose APR FC biba uko.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu byabaye bibi kurushaho ubwo Rayon Sports yatsindwaga na Gasogi United igitego 1-0.

Perezida wa Gasogi United witwa KNC yishongoye kuri Rayon Sports avuga ko ‘utaramukuyeho’ inota ‘agende yihebe.’

Mu yandi magambo, uyu mugabo yashakaga kubwira Rayon Sports ko niba iburiye amanota kuri  Gasogi United nta handi izayakura!

Icyakora haracyari kare ko uyu mugabo yivuga imyato kubera ko hakiri imikino yo kwishyura.

KNC avuga ko no mu mikino yo kwishyura nabwo azayisubira.

Gasogi United ubu iri ku  mwanya wa gatatu inganya amanota na APR FC ndetse  na Rayon Sports zose zifite amanota 28.

Ikinyuranyo kikaba ibitego buri kipe yatsinze.

Association Sportive de Kigali ( AS Kigali) yo ifite amanota 30,  iyanganya na Kiyovu Sports, ariko ikayirusha ibitego birindwi kuko ifite 14.

Abafana ba Rayon Sports bavuga ko ikibazo bafite gikomeye ari umutoza wabo witwa Haringingo Francis.

Bamushinja kudaha ‘moral’ ihagije abakinnyi kandi ngo bisa n’aho abakinnyi batakimwiyumvamo.

Uyu mutoza yaraye abwiye abanyamakuru ko hari igihe uba uri mu ikipe kandi witwara neza, ariko ukaba wahitamo kuyisezera bitewe n’imikorere mibi umutoza akoreramo.

Haringingo Francis.

Aha ni ho bamwe bahera bavuga ko uyu mutoza n’ubwo umusaruro abakunzi ba Rayon bavuga ko ari mubi, ariko nawe ashobora kuba hari byinshi bimubangamira mu kazi ke.

Bivugwa ko hari ikipe yo muri Tanzania yitegura kuzajyamo.

Hari umufana witwa Gatera wabwiye Taarifa ko hari ikindi kibazo cy’imvune z’abakinnyi.

Ku rundi ruhande, uyu mufana avuga ko hakiri amahirwe y’uko mu mikino yo kwishyura bashobora kuzisubiraho

Uko bimeze kugeza ubu, Musanze FC yatsinze Rayon 1-0, Etincelles FC iyitsinda 3-2, APR FC iyitsinda 1-0, Kiyovu FC iyitsinda 2-1, Gasogi United iyitsinda 1-0.

TAGGED:GasogiHaringingoRayon SportsUmutoza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Ishinga Amategeko Y’u Rwanda Yashimye Umubano Warwo N’Ubumwe Bw’u Burayi
Next Article Abacururiza i Rusizi Biyemeje Kutazongera Kujyana Ibicuruzwa Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Amakipe Ya Volley Azahatanira Igikombe Cy’Intwari Yamenyekanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?