Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagabo Babiri Ba Uwamahoro Bapfuye Mu Mayobera, Nta Butabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abagabo Babiri Ba Uwamahoro Bapfuye Mu Mayobera, Nta Butabera

admin
Last updated: 24 September 2021 2:44 pm
admin
Share
SHARE

Uwamahoro Alphonsine wo mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo ari mu gihirahiro cy’umugabo we avuga ko yishwe ku maherere, ntahabwe ubutabera ahubwo abakekwagaho kumwica bakaba bidegembya.

Uwo mugore w’imyaka 42 yabwiye Taarifa ko mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 3 Kanama 2021, ubwo bari baryamye, umugabo we Surwumwe Jean de Dieu yahamagawe n’uwitwa Nsengumuremyi Elie ari kumwe na Nkundabagenzi Joseph.

Uyu Nkundabagenzi bakoranaga imirimo irimo guhinga inyanya, bamuhamagara bamusaba ngo agende basangire inzoga.

Surwumwe yarasohotse agenda ubwo, mu gitondo hataha inkuru mbi ko yapfuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwamahoro ati “Umuntu ntiyagaruka, ahubwo bukeye wa wundi aba ari we utangira kuranga ngo umurambo we yawubonye mu musarane mu wundi mudugudu.”

Uwamahoro na Surwumwe bari bafitanye abana batatu, umukuru afite imyaka ine.

Si ubwa mbere ibintu nk’ibyo byari bimubayeho kuko mu myaka itandatu ishize nabwo, umugabo we wa mbere yahamagawe hanze mu buryo nka buriya, aza kwicwa.

Umuryango waje kumusaba gushyingiranwa na Surwumwe, mubyara w’umugabo wa  mbere.

Abakekwaho icyaha barafashwe, bararekurwa

- Advertisement -

Ku ikubitiro Polisi yafashe Nkundabagenzi Joseph, Nsengumuremyi Elie n’umugore witwa Mukankuringoma Claudine kuko umurambo wabonetse iruhande rw’inzu ye.

Uwamahoro avuga ko umurambo wajyanywe kuri urwo rugo mu kuyobya uburari, ngo bizakekwe ko wenda ari we uwo mugore wamwishe yagiye gusambana yo.

Umurambo ariko ngo wabonetse ufite igikomere inyuma ku mutwe, ku bisa n’aho Surwumwe yakubiswe ikintu gikomeye kuko yari yavuye amaraso menshi. Biranashoboka ko byaterwa no kugwa mu cyobo bitewe n’impamvu.

Umurambo wahise ujyanwa mu Bitaro ku Kacyiru ngo usuzumwe, uhamara icyumweru n’umunsi umwe.

Icyatunguye Uwamahoro ni uko ubwo bashyikirizwaga umurambo ngo ushyingurwe, abari bafunzwe bararekuwe ndetse ngo ntiyamenyeshwa icyishe umugabo we.

Ati “Nkavuga nti ese umuntu aba afite abantu bamubyukije, bakekwaho ko baba barimwishwe, abo bafunze bagahita bafungurwa umuntu atabonye icyemezo cyo kwa muganga, kwa muganga bari bawujyaniyeyo iki?”

Impamvu z’urupfu zirakekwa

Uwamahoro akeka ko umugabo we yazize amakimbirane yagiranye na Nkundabagenzi, biturutse ku isafuriya ye ya muvero yabaga kwa nyirabukwe ikaza kuhaburira.

Icyo gihe ngo batangiye gukeka ko ari Surwumwe wayibye akayigurisha, andi makuru aza guhamya ko Nkundabagenzi ubwe yayitwaye rwihishwa, akabimugerekaho.

Uwamahoro ati “Ku wa Gatatu ya safuriya yabonetse kuri wawundi uvuga ko umugabo wanjye yayibye, noneho umugabo wanjye bamuhamagara mu gishanga ngo naze arebe ya safuriya yabonetse. Ati ‘ubwo iyo safuriya yabonetse n’amarozwari (arosoirs) yanjye n’amasorori yanjye yose byagendanye, nanjye biri buboneke.”

Byahise bibyara urubanza, ngo Nkundabagenzi ararakara.

Uwamahoro ati “Bari bafite n’ahantu bafatanyije inyanya mu murima w’umugabo wanjye, ati ‘ejo nituva gusoroma inyanya tuzagabana amafaranga yawe nari nkubikiye, ubundi twinjire no muri icyo kibazo cy’isafuriya.”

“Ibyo birangiye umugabo wanjye araza araryama. Amaze kuryama nibwo abo bantu bavuze bati ‘turabigenza dute n’iyi safuriya twagumye yuvuga ngo yarayibye ikaba ari twe ibonetseho, ubwo barahindukira baza kumubyutsa nijoro ntiyagaruka, ahubwo mu gitondo twumva ngo umurambo uri mu musarane ibunaka.”

Uyu mugore avuga ko inzego zitandukanye zabimenye, ariko ntiyabonye ubutabera.

Umugabo we yamusigiye abana bato b’impanga. Ntabwo azi gusoma cyangwa kwandika.

Umuyobozi ushinzwe Imibereho y’abaturage mu Murenge wa Gitoki, Faustin Ngendahimana, yabwiye Taarifa ko amakuru babonye ari uko Surwumwe yasanzwe mu cyobo cyacukuwe iruhande rw’ishuri, Ubugenzacyaha butangira iperereza.

Ati “Biri muri RIB, hari abantu yafashe irabatwara, bari basangiye muri uwo mugoroba. Ayo ni yo makuru duheruka, ibyo kuvuga ngo bamuvanye mu rugo twe ntabwo tubihagazeho.”

“Basangiraga bisanzwe ahantu mu rugo, baza gutandukana umwe atashye undi atashye.”

Yari ataramenya niba abantu bafunzwe bararekuwe.

Gusa igitera urujijo ni uko iryo shuri ryubatswe hejuru y’umuhanda ari naho icyobo kiri, aho Ngendahimana yakomereje.

Ati “Ntabwo yava mu nzira ngo ahite akigwamo.”

Ni ukuvuga ko mu iperereza hagombaga gusobanurwa uburyo yageze aho hantu kandi hatari inzira, mu gihe yari amaze gusangira n’abandi.

Taarifa yabonye amakuru ko bariya bantu baje gukurikiranwaho icyaha cy’Ubwicanyi buturutse ku bushake, dosiye iratunganywa ishyikirizwa Ubushinjacyaha.

Gusa bwaje gusanga ibigaragara muri dosiye bitabuza ko barekurwa by’agateganyo bagakurikiranwa bari hanze, Umushinjacyaha Albert Mutaganda abyemeza ku wa 17 Kanama 2021.

Ku wa 31 Kanama 2021 yemeje ko dosiye ishyingurwa by’agateganyo, avuga ko nta bimenyetso simusiga byabonetse ku bakekwaho icyaha.

Ati “Nyuma yo gusesengura ibikubiye muri iyi dosiye, tubona nta kimenyetso kirimo simusiga cyabonetse kigaragaza uruhare abakekwa baba baragize mu rupfu rwa nyakwigendera. Mu gihe haba habonetse ibindi bimenyetso bigaragaza ukuri, dosiye ikaba yakongera igasubirwamo.”

Uwamahoro ari mu gahinda ko gupfusha abagabo babiri
TAGGED:featuredGatsiboGitokiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amapingu, Perimi Z’Impimbano, Mudasobwa…Ibikoresho By’Abiyitiriraga Polisi
Next Article Perezida Kagame Yateguje Abasirikare Bari Muri Mozambique Akazi Kari Imbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?