Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakobwa Hafi 300 Bari Bashimuswe Muri Nigeria Barekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abakobwa Hafi 300 Bari Bashimuswe Muri Nigeria Barekuwe

taarifa@media
Last updated: 02 March 2021 11:16 am
taarifa@media
Share
SHARE

Guverineri w’Intara ya Zamfara yari yashimuswemo abanyeshuri b’abakobwa hafi 300, Bello Matawalle, yemeje ko barekuwe nyuma yo kugirana amasezerano n’abari babafashe bugwate.

Abo bakobwa bashimuswe ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ubwo bari mu macumbi yabo ku ishuri riherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.

Guverineri Matawalle kuri uyu wa Kabiri yabwiye Al Jazeera ko abo banyeshuri bameze neza, ariko bajyanywe kwa muganga ngo harebwe niba nta kibazo baba bafite kitahise kimenyekana.

Yagize ati “Uyu munsi twakiriye abo bana bari bagizwe imbohe kuva ku wa Gatanu. Natangije ibiganiro by’amahoro none byatanze umusaruro ufatika. Nta ngurane yigeze yishyurwa umuntu uwo ari we wese. Nari nakomeje kuvuga ko nta muntu tugomba guha ikintu icyo aricyo cyose.”

Polisi ya Nigeria yari yabanje gutangaza ko abashimuswe ari abakobwa 317, ariko Guverineri Matawalle yavuze ko hari hashimuswe 279.

Bimaze kuba inshuro nyinshi muri Nigeria aho abitwaje intwaro bafata abantu bakabagira ingwate cyangwa bakabasambanya ku gahato. Babarekura babanje guhabwa ingurane.

Ikigo SB Morgen gikora ubushakashatsi cyo muri Nigeria giheruka gutangaza ko hagati ya Mutarama 2016 na Werurwe 2020, amabandi ashimuta abantu akabagira ingwate yishyuwe miliyoni nibura $11, kugera ngo arekure abantu yari yagize imbohe.

Mu Ukuboza umwaka ushize abahungu basaga 300 bashimuswe mu ishuri riherereye muri Leta ya Katsina, ari nayo Perezida Muhammadu Buhari avukamo.

Abo bahungu baje kurekurwa ariko bizamura ibikomere by’ishimutwa ry’abanyeshuri 276 b’abakobwa ryabereye mu mujyi wa Chibok wo muri Leta ya Borno mu mwaka wa 2014.

Kugeza magingo aya abo bakobwa bose ntibaraboneka, harimo benshi bikekwa ko bagizwe abagore b’abarwanyi ba Boko Haram babashimuse.

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 37 Bafatiwe i Kigali Barimo Gukina Filime Abandi Bari Mu Birori
Next Article Abakora Imideli Muri Commonwealth Bazahurira Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?