Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga indahiro ya Dr. Jimmy Gasore wagizwe Minisitiri w’ibikorwaremezo, Perezida Kagame yamugiriye inama yo kuzaterwa ubwoba n’abantu bakora nabi.

Yamusabye kuzakomeza kuba amaso agakora akazi ke neza kandi akirinda guha umwanya abantu b’ingwizamurongo badatanga umusaruro.

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo gikunze kubaho mu bayobozi ari uko utumye adakurikirana ngo arebe niba uwo yatumye yaratumitse.

Ati: “ Utuma umuntu ngo akore ibi nawe agatuma undi, uwo atumye nawe agatuma undi…Ubwo rero uwatumye mbere aba agomba gukurikirana ngo arebe ko abo yatumye batumitse.”

Yabwiye Dr Gasore ko ahawe ububasha bwo kuyobora abantu kandi ko abo bantu agiye kuyobora batagomba kumutera ubwoba.

Kagame yabwiye Minisitiri Dr. Jimmy Gasore ko abantu nk’abo yazajya abavuga bagashakirwa indi mirimo aho kugira ngo bamuvangire.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho u Rwanda rugeze rudakeneye abantu b’indangare bahora bavuga ko bibagiwe, ko ibyo bintu bidakwiye.

Dr. Jimmy Gasore ni umuhanga mu bugenge, akaba yaramaze igihe ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Siyansi n’ikoranabuhanga.

Muri Kaminuza yahigishaga ubumenyi bw’imiterere y’ikirere ‘atmospheric sciences, ibi akaba yarabiminujemo muri Kaminuza yo muri Amerika bita Massachusetts Institute of Technology( MIT) muri Gashyantare, 2018.

Mu mwaka wa 2013 yahawe kuyobora ikigo cy’u Rwanda kiga iby’imihindagurikire y’ikirere(Rwanda Climate Observatory), inshingano zacyo zikaba zirimo gukurikiranira hafi imiterere y’ikirere n’imihindagurikire yacyo, hakanareberwa hafi uko gihumana n’ibyakorwa ngo gicye.

Iki kigo gisanzwe gikorana na ya Kaminuza yizemo ari yo MIT mu mushinga wayo witwa Advanced Global Atmospheric Gases Experiment (AGAGE).

Nicyo kigo cyonyine gikorana na MIT muri Afurika kandi muri uwo mushinga.

TAGGED:featuredGasoreKagameKaminuzaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rufite Abacamanza 318
Next Article Uwahoze Ayobora Ikigo Cy’Amakoperative Yanze Kwitaba PAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?