Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 2:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yakiraga indahiro ya Dr. Jimmy Gasore wagizwe Minisitiri w’ibikorwaremezo, Perezida Kagame yamugiriye inama yo kuzaterwa ubwoba n’abantu bakora nabi.

Yamusabye kuzakomeza kuba amaso agakora akazi ke neza kandi akirinda guha umwanya abantu b’ingwizamurongo badatanga umusaruro.

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo gikunze kubaho mu bayobozi ari uko utumye adakurikirana ngo arebe niba uwo yatumye yaratumitse.

Ati: “ Utuma umuntu ngo akore ibi nawe agatuma undi, uwo atumye nawe agatuma undi…Ubwo rero uwatumye mbere aba agomba gukurikirana ngo arebe ko abo yatumye batumitse.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabwiye Dr Gasore ko ahawe ububasha bwo kuyobora abantu kandi ko abo bantu agiye kuyobora batagomba kumutera ubwoba.

Kagame yabwiye Minisitiri Dr. Jimmy Gasore ko abantu nk’abo yazajya abavuga bagashakirwa indi mirimo aho kugira ngo bamuvangire.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho u Rwanda rugeze rudakeneye abantu b’indangare bahora bavuga ko bibagiwe, ko ibyo bintu bidakwiye.

Dr. Jimmy Gasore ni umuhanga mu bugenge, akaba yaramaze igihe ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Siyansi n’ikoranabuhanga.

Muri Kaminuza yahigishaga ubumenyi bw’imiterere y’ikirere ‘atmospheric sciences, ibi akaba yarabiminujemo muri Kaminuza yo muri Amerika bita Massachusetts Institute of Technology( MIT) muri Gashyantare, 2018.

- Advertisement -

Mu mwaka wa 2013 yahawe kuyobora ikigo cy’u Rwanda kiga iby’imihindagurikire y’ikirere(Rwanda Climate Observatory), inshingano zacyo zikaba zirimo gukurikiranira hafi imiterere y’ikirere n’imihindagurikire yacyo, hakanareberwa hafi uko gihumana n’ibyakorwa ngo gicye.

Iki kigo gisanzwe gikorana na ya Kaminuza yizemo ari yo MIT mu mushinga wayo witwa Advanced Global Atmospheric Gases Experiment (AGAGE).

Nicyo kigo cyonyine gikorana na MIT muri Afurika kandi muri uwo mushinga.

TAGGED:featuredGasoreKagameKaminuzaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rufite Abacamanza 318
Next Article Uwahoze Ayobora Ikigo Cy’Amakoperative Yanze Kwitaba PAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?