Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakuru B’Ibihugu Bazajya Gusezera Kuri Elisabeth II ‘Ntibemerewe’ Kujyana Indege Zabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abakuru B’Ibihugu Bazajya Gusezera Kuri Elisabeth II ‘Ntibemerewe’ Kujyana Indege Zabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 September 2022 12:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Politico yanditse ko nta muyobozi wo ku isi wemerewe kuzajyana indege ye mu Bwongereza ubwo bazaba bagiye gusezera bwa nyuma k’umwamikazi Elisabeth II uherutse gutanga.

Abakuru b’ibihugu byose byo ku isi batumiwe ariko ngo ikibazo ni uko buri wese aramutse ajyanye indege ye, batabona aho ziparika!

Basabwe kuzatega indege zisanzwe, hanyuma bagera yo bakajya muri bisi yateguwe izabageza aho igikorwa kizabera Taliki 19, Nzeri, 2022.

Igikorwa cyo gusezera bwa nyuma k’umwamikazi Elisabeth II kizaba ari cyo gikorwa u Bwongereza bwakiriye kandi gikomeye kurusha ibindi byatambutse mu myaka myinshi ishize.

Kizabera muri Cathédrale ya Westminster Abbey.

Nyuma y’uko bitangajwe ko ari kuriya bizagenda, hari umwe muri ba Ambasaderi wanditse kuri WhatsApp ati: “ Tekereza Biden muri Bisi!”

Ibiro bishinzwe ububanyi n’amahanga muri Commonwealth nibyo byatangaje ko kiriya gikorwa kigomba gukorwa kuriya hirindwa umubyigano no kudashobora gucungira abayobozi umutekano mu buryo bworoshye.

Ibyo biro babyita Foreign, Commonwealth and  Development Office (FCDO).

Ikindi ni uko nta muntu wundi muntu utari umufasha w’Umukuru w’igihugu wemerewe kuzamuherekeza babarinda bazasigara.

Politico ivuga ko urwandiko rumenyesha Abakuru b’ibihugu iby’iriya myanzuro rwoherejwe mu bihugu byabo ku wa Gatandatu mu masaha y’umugoroba.

Ikindi ni uko ngo Umukuru w’igihugu utazashobora kwitabira uriya muhango afite uburenganzira bwo kureba uwo yohereza mu bandi bayobozi bakuru mu gihugu cye.

Umwami Charles III atakira ku meza abashyitsi bazaba bitabiriye uriya muhango.

Aba bashyitsi kandi bazashyira indabo ku isanduku irimo umugogo w’umwamikazi Elisabeth II kandi bandike mu gitabo cy’abashyitsi ubutumwa bwo kwihanganisha u Bwongereza, Commonwealth n’isi muri rusange.

Buri muyobozi kandi azaba afite iminota itatu yo gutanga ubutumwa mu magambo, ubwo butumwa bukazafatwa n’ibyuma by’abanyamakuru.

Umutekano w’abo bakuru b’ibihugu uzacungwa n’abantu u Bwongereza buzaba bwateguye.

Ambasaderi wungirije w’u Bwongereza mu Rwanda witwa Adam   Drury yabwiye Taarifa ko ubutumire bwahawe Abakuru b’ibihugu bisanzwe bifitanye umubano n’ u Bwongereza kandi ko buri wese yemerewe kuzazana n’umuntu umwe.

Ibyerekeye uko bazagera aho igikorwa kizabera n’uburyo ibindi bizakorwa, yirinze kugira icyo abidutangariza ho kubera ko ngo n’ababitangaje( Politico) bavuga ko ari amakuru babonye mu buryo butari bwateganyijwe, ibyo bita ‘leaked document.’

TAGGED:AbakuruBidenElisabethfeaturedIbihuguIndegeUmwamikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Avuga Ko Agiye Kongera Kubuza Ubwato Kuvana Ingano Ku Byambu
Next Article IGP Munyuza Yakiriye Mugenzi We Wa Benin Amusezeranya Ubufatanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?