Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2025 10:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abana bafite ubumuga bakeneye kwiga nk'abandi.
SHARE

Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga mu Rwanda, (NCPD) itangaza ko abana 17,302 bafite ubumuga batiga kandi bagombye kuba bari mu ishuri. Imwe mu mpamvu nkuru zibitera ni imyumvire ‘idahwitse’ y’ababyeyi.

Akenshi abo babyeyi bumva ko umwana ufite ubumuga ntacyo aba azimarira bityo ko kumujyana kwiga ari ugupfusha ubusa amafaranga n’umwanya.

Ikindi cyatangarijwe mu nama yaraye ihuje itangazamakuru, NCPD, n’inzego z’imibereho myiza y’abaturage ni uko abandi bana  34 830 bujuje imyaka 16 batanditse mu bitabo by’irangamimerere.

Muri ibi biganiro kandi hatangirijwe icyumweru cyahariwe abafite ubumuga gitangira kuri uyu wa 26, Ugushyingo 2025, kikazarangira tariki 03, Ukuboza 2025 ubwo hazizizwa umunsi mpuzamahanga wabahariwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abafite ubumuga, NCPD, Ndayisaba Emmanuel avuga ko muri icyo cyumweru hazarebwa ibyo bihumbi by’abana bashyirwa mu mashuri.

Ati: “Tumaze kubona ko abana bafite ubumuga batari mu mashuri ari benshi kandi bagombye kuba barimo. Turashaka ko mu Turere twose abo bana ba basubira mu mashuri.”

Kuri Ndayisaba kuba abo bana batiga ni igihombo kuko hari abafite ubumuga bize, baba abahanga bagira icyo bimarira n’imiryango yabo.

Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga itangaza ko muri Kamena 2025, yabaruye isanga  mu Rwanda abantu bafite ubumuga bangana na 145 362 ni ukuvuga 25,8% bafite akazi naho 317 360 bangana na 56,4% ntako bagira, mu gihe 99 462 bangana na 17,7% nta makuru yabo ahagije yamenyekanye.

Muri rusange Abanyarwanda bafite ubumuga ni 562 184, muri bo abantu 250 563 bangana na 44,5% ni ab’igitsina gabo, ab’igitsina gore ni 310 838 bangana na 55,2%, mu gihe abantu 783 bangana na 0,3% nta makuru ahagije ku mibereho yabo azwi.

Kuba ari abana bafite ubumuga batiga ahanini biterwa n’imyumvire mibi y’ababyeyi babo nk’uko Ihuriro ry’Imiryango Nyarwanda y’Abantu bafite Ubumuga, NUDOR ribyemeza.

Ababyeyi bafite imyumvire ko umwana ufite ubumuga ntacyo yashobora ari nayo mpamvu banga kubashyira mu mashuri.

Umuyobozi Ushinzwe Porogaramu muri NUDOR, Vuningabo Emile niwe ubyemeza atyo.

Ati: “Hari ababyeyi bagifite imyumvire iri hasi aho bumva ko umwana ufite ubumuga atagomba kujya ku ishuri.”

Asaba abo babyeyi guhindura imyumvire kuko hari abana b’abahanga bafite ubumuga bakora imirimo mu gihugu kandi ababyeyi bakumva ko guharanira iterambere ry’ufite ubumuga bikorewe mu muryango ari inshingano z’ababyeyi n’abandi muri rusange.

Hagati aho, Vuningabo yemeza ko hari abana bafite ubumuga 540 bize amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, ubu bakaba barabonye ibikoresho bibafasha kwihangira imirimo.

Mu Cyumweru cyahariwe abafite ubumuga hateganyijwemo ibikorwa birimo ibiganiro ku burezi budaheza bizatangwa n’Ikigo Gishinzwe Uburezi (REB), ibiganiro ku ngingo zirebana n’abafite ubumuga bizanyuzwa kuri radiyo na televiziyo, ibikorwa bikazakorerwa ku rwego rw’Imirenge n’Uturere  n’ibindi.

Umunsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 1992.

Ku isi hari abantu barenga miliyari imwe bafite ubumuga, bakaba bangana na 15% by’abatuye isi bose.

Umuntu umwe ku bantu bane batuye Leta zunze ubumwe z’Amerika afite ubumuga, bukomoka ku mpamvu nyinshi zirimo impanuka, ubusaza n’indwara zidakira.

TAGGED:AbanafeaturedIgihuguInamaKwigaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11
Next Article Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?