Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abandura COVID-19 Muri Amerika Barenze Miliyoni Imwe Ku Munsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abandura COVID-19 Muri Amerika Barenze Miliyoni Imwe Ku Munsi

Last updated: 04 January 2022 2:12 pm
Share
SHARE

Imibare y’abandura COVID-19 ikomeje gutumbagira hirya no hino ku Isi bijyanye n’ikwirakwira rya virus yihinduranyije ya Omicron, aho Leta zunze ubumwe za Amerika yagize umubare wari utarabaho w’abaturage basaga miliyoni banduye ku munsi umwe.

Imibare yakusanyijwe na Johns Hopkins University kuri uyu wa Mbere igaragaza ko abantu banduye COVID-19 muri Amerika ari 1,080,211.

Ni imibare yikubye inshuro zirenga ebyiri ugereranyie n’ubwandu bushya buri hejuru cyane bwaherukaga kuboneka.

Ni nyuma y’umunsi umwe gusa Umujyanama mu bijyanye no kurwanya ibyorezo, Anthony Fauci, atangaje ko igihugu gifite izamuka ry’ubwandu byushya riteye nk’umurongo uhagaze.

Yavuze ko hakiri igihe kinini ngo ubwandu butangire kugabanyuka.

Virus ya Omicron yandura cyane kurusha izayibanjirije, ndetse imibare yasesenguwe kugeza ku wa 25 Ukuboza yerekanye ko iyi virus yihariye nibura 59% by’ubwandu bushya.

Fauci yavuze ko uburyo ubwandu bushya bwazamutse cyane muri Afurika y’Epfo ariko ntibutinde hejuru, butanga icyizere.

Nubwo imibare y’abandura bashya iri hejutu cyane muri Amerika, ibipimo by’abantu baremba n’abapfa biri hasi ugereranjyije n’irindi zamuka ry’uburwayi ryagiye ribaho.

Mu minsi irindwi ishize hapfuye abantu 9,382, ku buryo mu mibare bigaragazwa ko ugereranyije n’icyumweru cyabanje, abantu bapfa bagabanyutseho 10 ku ijana.

Nibura muri iyo minsi handuye abantu bose hamwe basaga miliyoni 3.4, aho impuzandengo y’abanduye ku munsi umwe ari 486,000.

Kugeza ubu Covid-19 imaze kwica abantu 5,441,446 ku isi kuva iki cyorezo cyaduka mu Ukuboza 2019, nk’uko bigaragazwa n’imibare yo kuri uyu wa Mbere.

Ubariyemo n’izindi mpfu zishobora kuba zifitanye isano na COVID-19, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rivuga ko imibare y’abapfuye ishobora kuba ikubye iriya itangazwa inshuro ebyiri cyangwa eshatu.

 

TAGGED:COVID-19featuredLeta zunze ubumwe e
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bemeza Ko Guterwa AstraZeneca Ya Gatatu Birinda Omicron Ku Kigero Kinini
Next Article Muri Kenya Impanuka Yahitanye Abantu 14
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?