Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 12 Bakekwaho Kwiyambika Gisirikare Bakica Abaturage Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 12 Bakekwaho Kwiyambika Gisirikare Bakica Abaturage Bafashwe

admin
Last updated: 14 April 2021 5:02 am
admin
Share
SHARE

Hagati yo ku Cyumweru no ku wa Mbere inzego z’umutekano zataye muri yombi abantu 12 barimo umwe wahoze ari umusirikare, bakekwaho ko bafatanyije mu kwica umugore bagatwara amafaranga.

Babafashe ku bufatanye bw’inzego zirimo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Urwego Rushinzwe Umutekano w’Igihugu n’Iperereza, NISS, na Polisi.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry yabwiye Taarifa ko umwe mu bafashwe yahoze ari umusirikare muri RDF, aza kwirukanwa kubera imyitwarire mibi, atahana imyenda ya gisirikare.

Avuga ko uwo mugabo yakoranye n’abandi bagura imbunda muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iyo mbunda ikaba ari yo yakoreshejwe bica umugore wari utabaje ubwo bibaga mu rugo rwe.

Igitangaje ni uko umugabo w’uriya mugore ari we ushinjwa kumugambanira kugira ngo yicwe kubera ko ngo yamubangamiraga ku byerekeye ikoreshwa ry’imitungo yo mu rugo.

Nyuma abo bagabo baguze imbunda muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bakomeje kuyikoresha mu bujura.


Dr Murangira ati “Bakomeje kwiba hirya no hino ndetse hari undi muturage barashe mu nda arakomereka cyane ariko ntiyapfa. “

Murangira yavuze ko mu bagize uruhare muri biriya bikorwa hari babiri batarafatwa, bagishakishwa.

Yihanganishije ababuze ababo, aburira abafite umugambi w’ibyaha ko bazafatwa uko bizagenda kose.

Murangira yavuze ko abafashwe batawe muri yombi mu minsi ibiri ishize, hirindwa ko hafatwa bake bityo abandi bakaba bacika.

TAGGED:featuredPolisi y'u RwandaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Blaise Compaoré Agiye Gukurikiranwaho Urupfu Rwa Thomas Sankara
Next Article Abanyarwanda 140 Baba Muri Zimbabwe Ntibakozwa Ibyo Gutahuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?