Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 12 Bakekwaho Kwiyambika Gisirikare Bakica Abaturage Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 12 Bakekwaho Kwiyambika Gisirikare Bakica Abaturage Bafashwe

admin
Last updated: 14 April 2021 5:02 am
admin
Share
SHARE

Hagati yo ku Cyumweru no ku wa Mbere inzego z’umutekano zataye muri yombi abantu 12 barimo umwe wahoze ari umusirikare, bakekwaho ko bafatanyije mu kwica umugore bagatwara amafaranga.

Babafashe ku bufatanye bw’inzego zirimo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Urwego Rushinzwe Umutekano w’Igihugu n’Iperereza, NISS, na Polisi.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry yabwiye Taarifa ko umwe mu bafashwe yahoze ari umusirikare muri RDF, aza kwirukanwa kubera imyitwarire mibi, atahana imyenda ya gisirikare.

Avuga ko uwo mugabo yakoranye n’abandi bagura imbunda muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iyo mbunda ikaba ari yo yakoreshejwe bica umugore wari utabaje ubwo bibaga mu rugo rwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igitangaje ni uko umugabo w’uriya mugore ari we ushinjwa kumugambanira kugira ngo yicwe kubera ko ngo yamubangamiraga ku byerekeye ikoreshwa ry’imitungo yo mu rugo.

Nyuma abo bagabo baguze imbunda muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bakomeje kuyikoresha mu bujura.


Dr Murangira ati “Bakomeje kwiba hirya no hino ndetse hari undi muturage barashe mu nda arakomereka cyane ariko ntiyapfa. “

Murangira yavuze ko mu bagize uruhare muri biriya bikorwa hari babiri batarafatwa, bagishakishwa.

Yihanganishije ababuze ababo, aburira abafite umugambi w’ibyaha ko bazafatwa uko bizagenda kose.

- Advertisement -

Murangira yavuze ko abafashwe batawe muri yombi mu minsi ibiri ishize, hirindwa ko hafatwa bake bityo abandi bakaba bacika.

TAGGED:featuredPolisi y'u RwandaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Blaise Compaoré Agiye Gukurikiranwaho Urupfu Rwa Thomas Sankara
Next Article Abanyarwanda 140 Baba Muri Zimbabwe Ntibakozwa Ibyo Gutahuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?