Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 13 Muri Uganda Bamaze Kwicwa Mu Buryo Bw’Amayobera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abantu 13 Muri Uganda Bamaze Kwicwa Mu Buryo Bw’Amayobera

admin
Last updated: 24 August 2021 10:36 am
admin
Share
SHARE

Abantu bataramenyekana bishe umugabo w’imyaka 61 mu gace ka Masaka muri Uganda, nyuma y’amasaha 24 undi yishwe mu buryo bumwe.

Byatumye abantu bamaze kwicwa urw’agashinyaguro buzura 13, guhera ubwo abantu bataramenyekana batangiraga kwica abantu urusorongo ku wa 22 Nyakanga 2021, nk’uko Daily Monitor yabitangaje.

Ubwo bwicanyi bumaze kuba mu turere twa Masaka, Lwengo, Sembabule, Bukomansimbi na Lyantonde, abantu bakicwa n’abagizi ba nabi babasanze mu ngo.

Umuvugizi wa polisi mu majyepfo ya Uganda, Muhammad Nsubuga, yavuze ko amaperereza yerekanye ko uwishwe kuri uyu wa Mbere, abagizi ba nabi bamusanze iwe, binjira mu nzu, bamukubita ubuhiri mu mutwe ahita apfa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Bahise bajyana umurambo bawutaba mu murima we w’ikawa, ariko igihimba gikomeza kugaragara hejuru.”

Igitangaje ni uko abo bagizi ba nabi nta kintu na kimwe batwaye mu nzu ye nk’uko byakomeje kugenda ku bandi, bigaragara ko umugambi wabo ari ukwica gusa.

Mu bwicanyi bwakozwe ku Cyumweru nabwo umusaza w’imyaka 87 yishwe akubiswe isuka mu mutwe.

Abaturage bakomeje gusaba Polisi ya Uganda gukora iperereza ikagaragaza abarimo gukora ubwo bwicanyi.

Ni nyuma y’uko hafi aho haheruka kwicirwa abandi bantu babiri bo bahoze mu ngabo za Uganda, ariko ntabwo higeze hamenyekana ababyihishe inyuma.

- Advertisement -

Umuyobozi wa Polisi mu Majyepfo ya Uganda, Paul Nkore, yahise ajya aho byabereye, asaba abaturage kurushaho kuba maso.

Yavuze ko igiteye impungenge ari uko nibura muri Masaka buri munsi hicwa umuntu, ariko abaturage ntibatange amakuru ahagije kandi bayafite.

Si ibikorwa biba ku baturage basanzwe gusa, kuko mu minsi ishize Minisitiri ushinzwe Imirimo ya Leta, Gen Katumba Wamala, imodoka ye yarashwe n’abantu bitwaje intwaro, bahitana umukobwa we n’umushoferi, we arakomereka.

Uretse uwo, n’abandi bantu bakomeye muri Uganda bagiye baraswa kandi kumenya ababyihishe inyuma bikagorana.

TAGGED:featuredMasakaUbwicanyiUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IBUKA Yashimiye U Buholandi
Next Article Abakobwa 250 Bigaga Muri Afghanistan Bategerejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?