Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 133 Bose Bapfiriye Mu Ndege Yakoreye Impanuka Mu Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 133 Bose Bapfiriye Mu Ndege Yakoreye Impanuka Mu Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2022 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatabazi bagiye kureba ahabereye impanuka y’indege ya Boeing 737 ngo barebe ko hari uwarokotse batangarije Televiziyo ya Leta mu Bushinwa ko nta n’umwe mu bari bayirimo barabona agihumeka.

Ni indege y’Ikigo China Eastern Airlines yahanutse kuri uyu wa Mbere taliki 21, Werurwe, 2022 igeze mu misozi y’ahitwa Guangzi ivuye Kumming igana Guangzhou.

Nyuma y’uko ibaye, Perezida Xi Jinping yategetse ingabo ze gutabara bwangu ngo zirebe ko hari ugihumeka.

Yategetse kandi ko hahita hatangizwa iperereza ku cyayiteye.

Ikinyamakuru Xinhua kivuga ko abatabazi bageze aho iriya mpanuka yabereye bahasanga ibisigazwa n’ibikoresho abagenzi bari bitwaje birimo ibibaranga, amakofi babikagamo amafaranga n’ibindi bintu bicye.

Iby’uko ntawarokotse iriya mpanuka byatangiye kunugwanugwa mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere.

Pilote yataye ubwenge…

Yahanutse yari igihaguruka

Amakuru atangwa na bimwe mu binyamakuru by’i Burayi avuga ko umupiloti wari utwaye iriya ndege yagize ikibazo ata ubwenge, aho azanzamukiye asanga indege yataye umurongo watuma ayigarura bigakunda.

Umunaniro ukabije niwo ushyirwa mu majwi ko waba warabaye intandaro y’impanuka yahitanye abantu bagera ku 130 icyarimwe.

Bivugwa ko umupilote wari uri ku buyobozi bw’iriya ndege yananiwe ata ubwenge indege iracurama k’uburyo kuyigarura igafata inzira iboneye byanze.

Kwanga kwayo byatewe n’uko imbaraga za rukuruzi y’isi( Gravitational Forces) zari zarangije kuganza indege k’uburyo kuyubura bitari bigishobotse.

Yahanutse nk’uko ibuye riremereye rihanuka mu mwobo muremure, yikubita hasi irasandara.

 

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ni Umwarimu Mwiza W’Abana
Next Article Mushikiwabo ati: “’Ndashaka Ko Igifaransa Gisubirana Umwanya Wacyo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?