Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 133 Bose Bapfiriye Mu Ndege Yakoreye Impanuka Mu Bushinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 133 Bose Bapfiriye Mu Ndege Yakoreye Impanuka Mu Bushinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2022 10:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatabazi bagiye kureba ahabereye impanuka y’indege ya Boeing 737 ngo barebe ko hari uwarokotse batangarije Televiziyo ya Leta mu Bushinwa ko nta n’umwe mu bari bayirimo barabona agihumeka.

Ni indege y’Ikigo China Eastern Airlines yahanutse kuri uyu wa Mbere taliki 21, Werurwe, 2022 igeze mu misozi y’ahitwa Guangzi ivuye Kumming igana Guangzhou.

Nyuma y’uko ibaye, Perezida Xi Jinping yategetse ingabo ze gutabara bwangu ngo zirebe ko hari ugihumeka.

Yategetse kandi ko hahita hatangizwa iperereza ku cyayiteye.

Ikinyamakuru Xinhua kivuga ko abatabazi bageze aho iriya mpanuka yabereye bahasanga ibisigazwa n’ibikoresho abagenzi bari bitwaje birimo ibibaranga, amakofi babikagamo amafaranga n’ibindi bintu bicye.

Iby’uko ntawarokotse iriya mpanuka byatangiye kunugwanugwa mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Mbere.

Pilote yataye ubwenge…

Yahanutse yari igihaguruka

Amakuru atangwa na bimwe mu binyamakuru by’i Burayi avuga ko umupiloti wari utwaye iriya ndege yagize ikibazo ata ubwenge, aho azanzamukiye asanga indege yataye umurongo watuma ayigarura bigakunda.

Umunaniro ukabije niwo ushyirwa mu majwi ko waba warabaye intandaro y’impanuka yahitanye abantu bagera ku 130 icyarimwe.

Bivugwa ko umupilote wari uri ku buyobozi bw’iriya ndege yananiwe ata ubwenge indege iracurama k’uburyo kuyigarura igafata inzira iboneye byanze.

Kwanga kwayo byatewe n’uko imbaraga za rukuruzi y’isi( Gravitational Forces) zari zarangije kuganza indege k’uburyo kuyubura bitari bigishobotse.

Yahanutse nk’uko ibuye riremereye rihanuka mu mwobo muremure, yikubita hasi irasandara.

 

TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikino Ni Umwarimu Mwiza W’Abana
Next Article Mushikiwabo ati: “’Ndashaka Ko Igifaransa Gisubirana Umwanya Wacyo’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bugiye Kubaka Gariyamoshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?