Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 1,941 Bahitanywe N’Umutingito Wo Muri Haiti
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 1,941 Bahitanywe N’Umutingito Wo Muri Haiti

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2021 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibarura ry’abahitanywe n’umutingito uherutse kuba muri Haiti ryerekana ko bamaze kugera kuri 1,941 abandi 9,900 barakomeretse hasenyuka inzu 60,000. Ni umutingito wari ufite ubukana bungana na 7.2 ku gipimo cya Richter.

Igice kinini cyangirijwe nawo ni ikiri mu Murwa mukuru Port-au-Prince.

Abantu benshi bavuye mu ngo zabo barahunga, kandi hejuru yawo hiyongereyeho imvura nyinshi yateje inkangu n’imyuzure, iyi nayo ikaba ishobora kuzateza indwara.

Iby’uko uriya mwuzure ushobora guteza indwara byatangajwe n’Ikigo cy’Amerika gikurikirana iby’imiyaga ya serwakira kitwa The US National Hurricane Center.

Haiti iri mu bibazo bisa na wa mugani Abanyarwanda baca uvuga ko ‘uwarose nabi burinda bucya’.

Ibyago ifite muri iki gihe bije nyuma yo gupfusha Umukuru w’igihugu wishwe arashwe.

Ikindi ni uko atari ubwa mbere kiriya gihugu kibasiwe n’umutingito kuko no mu mwaka wa 2010 cyabayemo umutingito wari ufite ubukana bwa 7.0 ukaba warishe abantu 200,000 ugakura abaturage miliyoni 1.5 mu byabo.

Icyo gihe 60% by’ibikorwa remezo by’ubuzima byarasenyutse, amashanyarazi n’amazi meza nabyo birangirika k’uburyo Umuryango mpuzamahanga wakoze uko ushoboye ngo igihugu cyongere gusanwa bundi bushya.

Ibyamenyekanye kuri uriya mutingito:

Watangiye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 14, Kanama, 2021 utangira ufite ubukana bucye.

Mu buryo bwihuse wahise wongera ingufu.  Watangiye mu bilometero 10 mu bujyakuzimu, mu gace kitwa Saint-Louis du Sud.

Abantu bashobora kugerwaho n’ingaruka z’uyu mutingito ni abatuye hagati ya Kilometero 15 na Kilometero 50 uturutse aho umutingito watangiriye( bahita Epicenter mu Cyongereza).

Ni agace gatuwe n’abaturage bari hagati ya 234,222 n’abaturage 996, 458 uko ugenda witarura aho umutingito watangiriye.

TAGGED:HaitiPerezidaUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhemu Bwa Bamwe Mu Banyarwanda Baba Muri Leta Yiyunze Y’Abarabu
Next Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Rusesabagina Ryimuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?