Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 24 Barimo Abanduye COVID-19 Bafatiwe Muri ‘Bridal Shower’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Abantu 24 Barimo Abanduye COVID-19 Bafatiwe Muri ‘Bridal Shower’

admin
Last updated: 14 July 2021 2:52 pm
admin
Share
SHARE

Polisi yatangaje ko nyuma yo gufatira mu Karere ka Musanze abantu 24 barenze ku mabwiriza bakajya mu birori byo gutegura umukobwa wenda gushyingirwa, bategetswe kwipimisha COVID-19 habonekamo batatu banduye.

Ku wa 11 Nyakanga nibwo abantu 24 bafatiwe mu rugo rw’umugore w’imyaka 52, mu gikorwa cyo gutera inkunga umukobwa waho witegura ubukwe muri Kanama 2021. Ni igikorwa kizwi nka ‘bridal shower’ mu Cyongereza.

Basanzwe mu rugo ruri mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muko, Akagari ka Kivugiza.

Bamaze gufatwa bavuze ko babitewe n’ubujiji bwo kutamenya amabwiriza yo kurwanya COVID-19, n’amarangamutima yo gushaka gushyigikira umukobwa w’inshuti yabo.

Bajyanywe mu kato i Nkumba, bapimwa icyorezo cya COVID-19 maze ibisubizo bigaragaza ko batatu muri bo banduye.

Mu banduye harimo na nyiri urugo, ari na we wari watumiye bariya 24 bandi.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Musanze, SSP Jean  Pierre Kanobayire, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bavuga ko muri urwo rugo babonye hajyayo abantu benshi.

SSP Kanobayire yavuze ko usibye no kuba bariya bantu bararenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 ahagarika ibirori n’amakoraniro muri ibi bihe, nta bwirinzi na buke bari bafite kuko bari bateraniye mu ruganiriro begeranye cyane.

Yabibukije ko ayo makoraniro ariyo ashobora kubakururira ibibazo byo kwandura cyangwa bakanduzanya iki cyorezo, kigakomeza kwiyongera.

Ati ”Niyo mpamvu leta yahagaritse ibirori n’andi makoraniro atemewe. Mutekereze ukuntu abantu 24 baturuka ahantu hatandukanye bakajya kwirundira mu cyumba gito cy’uruganiriro nta ntera bahanye, nta gapfukamunwa bambaye, mu gihe nyamara inzego z’ubuzima zihora zidukangurira kwirinda ko virusi itizwa umurindi n’ahantu hameze kuriya.”

Polisi yatangaje ko harakomeza gupimwa abasigaye, bagume mu kato kandi banakurikiranwa n’inzego z’ubuzima.

SSP Kanobayire yasabye abaturage gukomeza ubufatanye na Polisi n’izindi nzego mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya COVID-19.

TAGGED:COVID-19MusanzePolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Baho International Hospital Yasabye Imbabazi
Next Article U Rwanda Rwabonye Miliyari 15 Frw Zo Gusana Igice Cy’Umuhanda Muhanga – Karongi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Minisitiri Habimana Asaba Abaturage Kuzirikana Akamaro K’Umuganura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Musanze: Nyuma Yo Kugura Prime Ciment, CIMERWA Izahubaka Urundi Ruganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?