Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 4600 Bafashwe Kuri Noheli Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu 4600 Bafashwe Kuri Noheli Barenze Ku Mabwiriza Yo Kwirinda COVID-19

Last updated: 27 December 2021 11:45 am
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yakanguriye abaturarwanda kwirinda imyitwarire ishobora gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19 irimo kuranga bamwe na bamwe.

Yabivuze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Ukuboza, ubwo yari mu kiganiro Waramutse Rwanda gitambuka kuri televiziyo y’u Rwanda.

CP Kabera yavuze ko ku munsi wa Noheli tariki ya 25 Ukuboza, mu gihugu hose hagaragaye abantu 4,600 barenze ku mabwiriza atandukanye yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Hanagaragaye abantu benshi mu bigo abagenzi bategeramo imodoka, bateje umuvundo ku buryo bashobora kwanduzanya COVID-19.

Yaboneyeho kugira inama abantu kubahiriza amabwiriza kandi bagategura ingendo zabo hakiri kare.

Yagize ati “Bariya bantu barenga ibihumbi 4,600 mu gihugu hose bafatiwe mu makosa atandukanye nko kutambara agapfukamunwa, abafunguye utubari batabifitiye uburenganzira n’abacuruzaga inzoga mu masaha atemewe ya nijoro. Hanagaragaye abantu bakoresheje ibirori bitubahirije amabwiriza.”

CP Kabera yagarutse no ku bantu barimo kugaragara  bajya gusura abarwayi b’icyorezo cya COVID-19 kandi babizi neza ko bitemewe ndetse abibutsa ko gukwirakwiza indwara ku bushake ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ati “Hari imyitwarire irimo kuranga abantu bamwe twavuga ko birenze kudohoka ahubwo ni ugutinyuka. Mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Nyarugunga haherutse gufatirwa abantu 16 bari mu rugo rw’umuntu wanduye COVID-19 baje kumusura.”

“Abo bantu barapimwe bigaragara ko harimo n’abandi 3 baje bafite ubwandu bwa COVID-19, nanone mu ijoro rya Noheli muri ako karere hafatiwe abandi baje gusura uwanduye COVID-19. Aba bose kandi usanga biteretse inzoga barimo gusangira nta kibazo bafite. Byadutse muri iyi minsi ntituzi aho byaturutse kuko bamwe muri abo bantu baba banambaye amasaha yambikwa abanduye COVID-19.”

CP Kabera yakomeje  yibutsa abantu ko hari itegeko rihana umuntu wese ukwirakwiza indwara ku bushake, yavuze ko abafashwe barwaye bagiye kwitabwaho kwa muganga ariko aho bazakirira bazakurikiranwa mu mategeko.

Yasabye abantu kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 cyane cyane muri iyi minsi mikuru kugira ngo hatazafatwa ingamba zigoye bitewe n’ubwiyongere bw’icyorezo.

Yavuze ko muri rusange umunsi mukuru wa Noheli warangiye mu gihugu hari umutekano usesuye aho kuva kuri Noheli kugeza ku cyumweru nta mpanuka njyanamuntu yabaye kandi ni nako byari bimeze mu minsi itatu yabanjirije umunsi mukuru wa Noheli.

Yasoje yifuriza abaturarwanda gusoza neza umwaka wa 2021 binjira mu mwaka wa 2022 mu mahoro birinda icyorezo cya COVID-19 n’ibindi byaha.

TAGGED:COVID-19CP John Bosco KaberafeaturedPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Kagame Ashobora Kuza Kugarukaho Mu Ijambo Ry’Uko Igihugu Gihagaze
Next Article Muri Kimihurura Abantu Bane Bapfuye, Bikekwa Ko Bazize Inzoga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?